Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango.
Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora inzego z’Umuryango FPR hamwe n’iza Leta, abayobozi mu miryango itari iya Leta, Urubyiruko, Abikorera, hamwe n’abagore b’abanyamuryango bava mu byiciro byihariye.
Muri uku guhura kwabo bafata ibyemezo bireba cyane cyane imibereho y’ingo n’imiryango by’Abanyarwanda harimo ikijyanye no kurera abana neza, kurwanya igwingira no guta ishuri kw’abana.
Biga kandi ku guteza imbere ibiganiro mu muryango, abawugize bakigishwa kubwizanya ukuri, kubahana no gutega amatwi, guherekeza abagishakana bakagirwa inama z’uburyo bakubaka umuryango mwiza.
Bavuga kandi ko biga ku guharanira iterambere ry’Igihugu n’iry’umugore by’umwihariko mu cyerekezo 2050, baharanira kubaka umuryango ushoboye kandi utekanye.
Banafata ingamba zo kurwanya ihohoterwa ry’abana n’abangavu, aho bamwe bafatanya n’imiryango y’abahohotewe bakabona ubutabera.
Biyemeza kandi gukomeza ubuvugizi no kunoza uburyo bwatuma umugore yoroherezwa mu mvune aterwa n’imirimo yo mu rugo ( harimo gukoresha gaz mu guteka).
Bagiye kandi biga ku kongerera ubushobozi abagore bagashyira hamwe impano zitandukanye bafite bagakora imishinga ibateza imbere.









