Trump atangije intambara y’amateka kuri Iran

Itariki ya 27 Gashyantare 2026 ishobora kwandikwa mu mateka y’isi kuko ari yo Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), Donald Trump, atangirijeho intambara ku gihugu cya Iran gishyigikiwe n’ibihangange ku isi nk’u Burusiya n’u Bushinwa.

Ni irindi shami ry’intambara y’isi igabwe mu Burasirazuba bwo Hagati nyuma y’imyaka ine u Burusiya bumaze buhanganye na Ukraine mu Burayi bw’iburasirazuba, bikaba byarateye itumbagira ry’ibiciro, by’umwihariko mu Rwanda ikiro cy’ibirayi cyigeze kugurwa amafaranga 1,500Frw muri 2023.

USA ifatanyije na Israel bagabye ibitero kuri Iran ishyigikiwe n’u Bushinwa, u Burusiya, Koreya ya Ruguru n’ibindi bihugu byo mu Karere, aho impande zombi zimaze amezi menshi zitegura kurwana ku buryo bikomeye.

Ubwo misile za Amerika zari zirimo kwitura kuri Iran mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu, Perezida Trump yagize ati “Mu gihe gito gishize ingabo za Amerika zatangiye ibitero bikomeye muri Iran, intego yacu ni ukurengera abaturage ba Amerika tubakiza ubushotoranyi bw’ubutegetsi bwa Iran.”

Perezida Trump avuga ko abategetsi ba Iran ari ibyihebe byo ku rwego rw’ikirenga, bibangamiye Amerika n’inshuti zayo mu Karere k’Uburasirazuba bwo Hagati, kandi bakaba ngo baragiye babyigamba kuva mu myaka 47 ishize.

Perezida Trump avuga ko ubutegetsi bwa Iran bumaze kwica Abanyamerika benshi, cyane cyane Abasirikare ba USA mu bihugu byinshi, butibagiwe n’abaturage ba Iran babarirwa mu bihumbi.

Perezida Trump avuga ko Amerika igiye kujegeza ku buryo bukomeye Igihugu cya Iran, aho igisirikare cya USA ngo kizibasira ibikorwa bya gisirikare by’icyo gihugu, ubutegetsi bwacyo bwamara kuvaho, ‘Abanya-Iran na bo bakaruhuka gutegekeshwa igitugu no kwicwa n’abitwa abayobozi babo.’

Avuga ko USA idashobora kwemerera abategetsi b’ibyihebe byo ku rwego rw’ikirenga nka rurira gutunga intwaro kirimbuzi, aho yiyemeje ko n’izamaze gukorwa zigiye gusenywa burundu.

Perezida Trump yasabye abaturage ba Iran kuguma mu ngo zabo, ndetse aburira abasirikare n’abapolisi ba Iran abasaba gushyira intwaro hasi, bitaba ibyo bakaba baza guhura n’urupfu.

Kugeza ubu urugo rwa Perezida Masoud Pezeshkian wa Iran hamwe n’urw’Umuyobozi w’ikirenga, Ayatollah Ali Khamanei, zamaze gusenywa, abo bategetsi bakaba bahungishirijwe ahantu hataramenyekana.

Hagati aho Iran na yo ihise isaba abaturage bayo bari muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, Kuwait, Qatar, Bahrain na Jordan kuvayo byihuse kuko ari ho igiye gutangirira kugaba ibitero bigamije gusenya ibirindiro bya USA biri muri ibyo bihugu.

U Bushinwa na bwo bukaba bwaraye bwoherereje Iran intwaro zo ku rwego ruhambaye zirmo misile ziswe HQ-16 na HQ-17AE.

Nyuma y’amasaha make USA na Israel bamaze barashe Iran, misile za mbere zirashwe na Iran na zo zamaze kugwa ku butaka bwa Israel, zikaba zakoresheje iminota 12 mu rugendo rw’ibirometero 2000, ndetse nta muntu wigeze azirabukwa(azibona).

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka