Kayonza-KIIWP: Bavuye ku myumbati yitwa Maguruyinkware

Abaturage b’i Kayonza bafashwa n’Umushinga wa Leta witwa KIIWP kuhira imirima nyuma yo kwibasirwa n’amapfa kuva mu myaka 10 ishize, ubu biteze umusaruro w’imyumbati uzasagurirwa amasoko, kuko bavuye ku mbuto zidatanga umusaruro zitwa Ndabazi na Maguruyinkware(ingana nk’imizi cyangwa amaguru y’inkware), bakaba bahinga iyitwa Buryohe, Nsizebashonje, Nam130 na Pwani variety.

Umurenge wa Rwinkwavu ni kamwe mu duce twigeze kwibasirwa n’inzara, bitewe n’izuba rijya rinyuzamo rikamara umwaka urenga ridasimburana n’imvura, ibihingwa nk’imyumbati uretse kuma, ikibasirwa n’udusimba, indwara yo kubemba hamwe n’iyitwa Kabore.

Umufashamyumvire w’ubuhinzi mu murenge wa Rwinkwavu mu Kagari ka Nkondo, yitwa Hafashimana Claude, avuga ko imbuto y’imyumbati yitwa Ndabazi hamwe na Maguruyinkware zisanzwe zihingwa henshi mu Gihugu ariko nta musaruro zigitanga.

Hafashimana avuga ko izi mbuto zisanzwe zitanga umusaruro utarenga ibiro 2,500(kg) kuri Hegitare, ariko kugeza ubu nyuma y’uko KIIWP (icyiciro cyayo cya kabiri) ibahuguye, hari aho batangiye kubona umusaruro ubarirwa hagati ya Toni 10-15 kuri Hegitare, hakoreshejwe imbuto zitwa Nsizebashonje, Mariya, Nam130 na Buryohe.

Hafashimana agira ati “Imyumbati ya Maguruyinkware na Ndabazi iracyari mu bahinzi basanzwe, ariko ntacyo ikimaze, n’ubu usanga amarira ari menshi mu bahinzi basanzwe, bayitemaguriye hasi kuko yarwaye Kabore.”

Itsinda ry’abahinzi 36 riyoborwa na Hafashimana muri ako Kagari, nyuma yo kwigishwa na KIIWP guhinga imyumbati kinyamwuga, rikomeje amagerageza azabafasha kumenya niba imyumbati yitwa Buryohe ibasha kwera ibiro 80 kuri buri giti, nk’uko babibwiwe n’impuguke z’Ikigo gishinzwe Iterembere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), kikaba ari cyo gishinzwe gushyira mu bikorwa umushinga wa KIIWP.

Ibigaragarira amaso nk’uko umwe mu bahuguwe, Priscilla Mukangelina abisobanura, ni uko akarima bakoze k’imyumbati ya Buryohe gatoshye cyane kandi ibiti bikaba bibyibushye kurusha ibyo mu tundi turima dukorerwaho igerageza, ibi bikabaha icyizere ko umusaruro babwiwe w’ibiro 80 kuri buri giti uzaboneka.

Mukangelina avuga ko uyu musaruro uboneka mu gihe bateye igiti cy’umwumbati mu cyobo cya santimero 60 z’ubujyakuzimu na metero 2 kuri 2 z’ubutambike, bakabanza gusasamo ibyatsi byumye, gushyiramo ifumbire no korosaho itaka rike mbere yo guteramo ingegene y’umwumbati.

Mukangelina ati”Ibyiza birimo aha ni uko iyi myumbati uba uyihaye amahirwe yo kuhirirwa mu gihe imvura yabuze burundu, kandi ubona umusaruro mwinshi ku butaka buto cyane.”

Mukangelina avuga ko yamaze gufata umwanzuro wo guhinga imyumbati kinyamwuga, kandi ko yatangiye kubona umusaruro wikubye inshuro zirenga 4 ugereranyije n’igihe yabaga yahinze mu buryo bwa gakondo imbuto ya Ndabazi na Maguruyinkware.

Bamenye ko batakiri abo guhingira ingo zabo gusa, ahubwo ko bagomba gusagurira amasoko, yaba ayo mu Rwanda na mpuzamahanga.

Rudacogora Jean de Dieu ushinzwe ishoramari no kwegereza abantu gahunda z’imari muri KIIWP, avuga ko mu mahugurwa abagenerwabikorwa b’uwo mushinga bahawe, harimo ‘guhinga ugamije ubucuruzi (agribusiness)’, bakaba barimo guhuzwa n’imirenge SACCO kugira ngo bazabone igishoro cyo guteza imbere ibyavuye mu nyigo barimo gukora.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka