Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yakirijwe impundu, asasirwa ibitenge ageze i Bujumbura, aho yari avuye i Addis Abeba muri Ethiopia amaze guhabwa kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ku nshuro ya mbere kuva icyo gihugu kibonye Ubwigenge mu 1962.
Abaturage babarirwa mu bihumbi bavuye hirya no hino mu ntara z’u Burundi, bakaba bagaragaye mu mihanda y’i Bujumbura baje kwakira Umukuru w’Igihugu cyabo, bamwe bamusasiye ibitenge mu nzira yanyuzemo.
Evariste Ndayishimiye yari yagiye mu Nteko ya 39 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umugabane wa Afurika, aho yari kumwe n’umufasha we, bakaba banyuze mu mihanda y’i Bujumbura, bagenda basuhuza abaturage, bashagawe n’abayobozi ba gisivili na gisirikare.
Ndagushimiye yafashe ijambo ari i Addis Ababa, avuga ko azakoresha umwanya ahawe mu gutanga umusanzu wo gucecekesha imbunda mu bihugu bya Afurika byibasiwe n’intambara, nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Sudan, Sudan y’Epfo, Akarere ka Sahel(Mali, Niger n’ahandi).
Gusa, uruhande rw’u Rwanda ntabwo rwishimiye ko ibihugu bifite uruhare mu ntambara ibera muri Congo byatanga umusanzu mu kuhagarura amahoro, kuko byamaze gufata uruhande (bibogamye), kandi ibyo bihugu birimo u Burundi bufiteyo ingabo zishinjwa “kwifatanya n’abajenosideri ba FDLR.”
Perezida Ndayishimiye yanafashe ijambo ageze Bujumbura, abwira Abarundi bari imbere ye ko umwanya yahawe wo kuyobora Afurika yunze Ubumwe muri 2026 azawukoresha mu kugarukana amahoro muri Afurika no muri Congo by’umwihariko.
Yagize ati “Inzira nyamukuru ni iy’ibiganiro, ni byo, ariko hari imitwe(y’abarwanyi) itagira ikindi irota uretse ubugizi bwa nabi, iby’amahoro batabyerekwa. Ni cyo gituma ibihugu bya Afurika bijya hamwe bikavuga biti ‘abo bafite akarangamutima k’ubwicanyi gusa, nta yindi nzira atari ukubarwanya, u Burundi ibyo si ibyo bwiga”.








