Perezida Ndayishimiye yasasiwe ibitenge avuye kugabana ubuyobozi bwa Afurika

Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi yakirijwe impundu, asasirwa ibitenge ageze i Bujumbura, aho yari avuye i Addis Abeba muri Ethiopia amaze guhabwa kuyobora Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe ku nshuro ya mbere kuva icyo gihugu kibonye Ubwigenge mu 1962.

Abaturage babarirwa mu bihumbi bavuye hirya no hino mu ntara z’u Burundi, bakaba bagaragaye mu mihanda y’i Bujumbura baje kwakira Umukuru w’Igihugu cyabo, bamwe bamusasiye ibitenge mu nzira yanyuzemo.

Evariste Ndayishimiye yari yagiye mu Nteko ya 39 y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize Umugabane wa Afurika, aho yari kumwe n’umufasha we, bakaba banyuze mu mihanda y’i Bujumbura, bagenda basuhuza abaturage, bashagawe n’abayobozi ba gisivili na gisirikare.

Ndagushimiye yafashe ijambo ari i Addis Ababa, avuga ko azakoresha umwanya ahawe mu gutanga umusanzu wo gucecekesha imbunda mu bihugu bya Afurika byibasiwe n’intambara, nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, Sudan, Sudan y’Epfo, Akarere ka Sahel(Mali, Niger n’ahandi).

Gusa, uruhande rw’u Rwanda ntabwo rwishimiye ko ibihugu bifite uruhare mu ntambara ibera muri Congo byatanga umusanzu mu kuhagarura amahoro, kuko byamaze gufata uruhande (bibogamye), kandi ibyo bihugu birimo u Burundi bufiteyo ingabo zishinjwa “kwifatanya n’abajenosideri ba FDLR.”

Perezida Ndayishimiye yanafashe ijambo ageze Bujumbura, abwira Abarundi bari imbere ye ko umwanya yahawe wo kuyobora Afurika yunze Ubumwe muri 2026 azawukoresha mu kugarukana amahoro muri Afurika no muri Congo by’umwihariko.

Yagize ati “Inzira nyamukuru ni iy’ibiganiro, ni byo, ariko hari imitwe(y’abarwanyi) itagira ikindi irota uretse ubugizi bwa nabi, iby’amahoro batabyerekwa. Ni cyo gituma ibihugu bya Afurika bijya hamwe bikavuga biti ‘abo bafite akarangamutima k’ubwicanyi gusa, nta yindi nzira atari ukubarwanya, u Burundi ibyo si ibyo bwiga”.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge