Uruzinduko rw’Umukuru wa MONUSCO i Goma rwari rugamije iki?

Umuyobozi wungirije w’agateganyo w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye(UN) zoherejwe muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, MONUSCO, Vivian van de Perre, yemeje ko ikibuga cy’Indege Mpuzamahanga cy’i Goma gifunguwe nyuma y’umwaka urenga cyari kimaze kitagwaho indege, kuva aho Ingabo za AFC/M23 zihafatiye muri Mutarama 2025.

De Perre yagize ati “Tariki 26 Mutarama 2025 nari mu ndege ya nyuma yaguye kuri iki kibuga cya Goma(yari ije kuhafata abakozi ba UN), ubu na bwo nisanze mu ndege ya mbere ihakandagiye, nkaba ntekereza ko iki ari ikimenyetso cy’uko iki kibuga cy’ingege kizagenda gifungurwa gake gake kubera inyungu z’abaturage.”

Gusa, hari abantu bakomeje kwibaza iby’uru ruzinduko rw’Intumwa Idasanzwe y’Umunyamabanga Mukuru wa UN wageze i Goma mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 12 Gashyantare 2026 akubutse i Kinshasa, nta biganiro birambuye byabanje kubaho hagati ya MONUSCO n’Umutwe wa AFC/M23 ufite umujyi wa Goma mu biganza byawo.

De Perre avuga ko uruzinduko rwe rugamije gusuzuma inshingano n’imbaraga Umuryango UN ushyira mu bikorwa by’Urwego rw’Akarere k’Ibiyaga bigari rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge(Expanded Joint Verification Mechanism, EJVM)

De Perre avuga ko ubutumwa yajemo buri mu rwego rwo gufasha EJVM gushyira mu bikorwa Umwanzuro 2808 w’Akanama ka UN gashinzwe Umutekano ku isi, ukaba utegeka impande zirwana kubihagarika no gushyiraho agahenge gahoraho.

Uru ruzinduko ruje rukurikira itangazo Leta ya Angola iyobowe n’Umuhuza hagati ya DR Congo n’u Rwanda, João Lourenço, rivuga ko impande zihanganye muri Congo ari zo ngabo za FARDC na AFC/M23 zihagarika imirwano bitarenze tariki 18 Gashyantare 2026.

De Perre, nk’uko Itangazamakuru ryari ku kibuga cy’i Goma ribivuga, nta Muyobozi n’umwe wo ku rwego rwo hejuru muri AFC/M23 wigeze amwakira ngo baganire.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge