Amakuru ku mbuga nkoranyambaga: Ubukwe bwa Niyo Bosco

Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje gutambuka amakuru atandukanye kuri uyu wa Gatanu, ariko amwe muri yo ni avuga ku bukwe bw’Umuhanzi Niyo Bosco, umuturirwa muremure ugiye kubakwa iruhande rwa Convention Centre, Amatora muri Uganda, ndetse n’uburyo Gare ya Nyabugogo izaba iteye

Ubukwe: Umuhanzi Niyo Bosco yambitse impeta Irene

Umuhanzi Niyo Bosco ufite ubumuga bwo kutabona yambitse impeta umukunzi we Irene mu bukwe bwabereye i Gikondo kuri uyu wa Gatanu tariki 16 Mutarama 2026. Ushobora kureba hano link ya tumwe mu duce tugize video y’ubwo bukwe https://youtu.be/qAJF9rAko5s?si=VyYYIe9r7oG6aHXc

Mu bandi bahanzi bitabiriye ubwo bukwe harimo Bwiza, Nyambo na Nana.

Iyubakwa ry’umuturirwa muremure hafi ya Convention Centre

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ibikorwaremezo, Amb Jean de Dieu Uwihanganye hamwe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali, Samuel Dusengiyumva, kuri uyu wa Kane batangije iyubakwa ry’umuturirwa muremure uzitwa Parklane Center, hafi ya Kigali Convention Center.

Amatora muri Uganda: Perezida Yoweri Museveni akomeje kurusha Bobi Wine

Mu ibarura ry’amajwi y’ibyavuye mu matora y’Umukuru w’Igihugu muri Uganda, umukambwe Yoweri Kaguta Museveni w’imyaka 81 y’ubukure akomeje kuza imbere y’umuhanzi bahanganye, Robert Kyagulanyi (uzwi ku izina rya Bobi Wine).

Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu, Komisiyo y’Amatora muri Uganda, yavugaga ko Yoweri Kaguta Museveni ari imbere n’amajwi 76%, mu gihe Bobi Wine afite amajwi 20%. Gusa amajwi aracyarimo kubarurwa.

Mu gihe ibarura ryakomeza gutya, Perezida Museveni yahita yegukana manda ya karindwi nk’Umukuru w’Igihugu wa Uganda wayoboye kuva mu 1986.

Igishushanyo mbonera cya Gare ya Nyabugogo

Ku mbuga nkoranyambaga hajomeje kugaragara inyubako ziteye amabengeza, zirimo kuvugwaho kuba ari cyo gishushanyo mbonera cy’uburyo Gare ya Nyabugogo izaba iteye, ubwo izaba imaze kuvugurwa bitarenze umwaka wa 2029.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka