Perezida Kagame yashimiye Ingabo z’u Rwanda, asangiza abantu umwaka

Nyuma yo gushima ubwitange n’umuhate by’Ingabo  n’abandi bagize inzego z’umutekano z’u Rwanda, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame ari kumwe na Madamu Jeannette Kagame, bakiriye abarimo abayobozi mu nzego za Leta, iz’Abikorera, abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga hamwe n’Urubyiruko, mu birori byo gusoza umwaka wa 2025.

Muri ibi birori byabereye muri Kigali Convention Centre ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 29 Ukuboza 2025,
Perezida Kagame yahaye impanuro Uruburuko arwibutsa ko badashobora kubaka Igihugu badahereye ku kubanza kwiyubaka ubwabo.

Perezida Kagame ati “Ndabwira mwebwe urubyiruko muri aha, ni mwe mugize umubare munini w’abaturage, kuba 75% ari abafite imyaka itarenga 30 y’amavuko, ni mwebwe soko y’imbaraga zubaka igihugu, ariko mugomba kubanza kwiyubaka mwebwe ubwanyu.”

Perezida Kagame akomeza asaba Urubyiruko gukorera ku ndangagaciro nziza no kwitangira igihugu rwitandukanya n’ibibi, kugira ngo rubashe gutanga umusanzu ufatika mu iterambere.

Perezida wa Repubulika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda yanashimiye Ingabo z’u Rwanda hamwe n’abandi bagize inzego z’umutekano bitanga batizigama mu kurinda umutekano w’Igihugu no mu bundi butumwa butandukanye.

Perezida Kagame yongeye gushimangira ko inzego z’umutekano u Rwanda rufite ari zo yahoze yifuza kugira, kandi ko umuhate w’abazigize utuma Igihugu gikomeza gutekana.



Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge