Pimisha inda kenshi byakurinda kubyara umwana w’ijisho rimwe

Ubumuga bwo kuvuka umuntu afite ijisho rimwe(cyclopia), ndetse akenshi nta n’izuru aba afite, n’ubwo ngo budakunze kubaho kuko buba ku mwana umwe mu barenga ibihumbi 100 bavukiye rimwe, ni kimwe mu bituma umubyeyi utwite wese agirwa inama yo gusuzumisha inda kenshi kwa muganga, kugira ngo afashwe hakiri kare kuzabyara umwana muzima.

Ishami rya LONI ryita ku Buzima(WHO) rivuga ko ubu bumuga bwa cyclopia buterwa n’uko mu gihe umwana atangiye gukurira mu nda ya nyina mu minsi ye ya mbere agisamwa, ubwonko bwe n’amaso hari ubwo bikura nabi ntibibashe gutandukana, aho igice cy’imbere cy’umutwe (telencephalon) kiba kidakora neza. 

Impamvu ya nyayo ntiramenyekana neza, ariko ngo hari byinshi bishobora gutera iyi mikurire mibi y’ubwonko, harimo gukomora utunyangingo tw’ubwo bumuga mu bisekuru by’ababyeyi be, kunywa itabi, gufata imiti umuntu adahawe na muganga, inzoga n’ibindi biyobyabwenge ku mubyeyi w’uwo mwana.

Hari n’impamvu z’uko umubyeyi aba atabona amafunguro ahagije kandi yujuje intungamubiri, kurwara diyabete, infections zimwe na zimwe, guhumeka umwuka uhumanye cyangwa gukoresha cyane imiti yo mu nganda n’iyo mu buhinzi.

Ibi byose hamwe n’ibindi umubyeyi abimenyera kwa muganga aho yagiye kwisuzumisha inda, kandi iyo nda yaba ikiri mu minsi yayo ya mbere bakamugira inama yo kunywa umuti witwa folic acid cyangwa gufata amafunguro arimo iyo vitamin, kuko igira uruhare rukomeye mu gukumira indwara z’ubwonko n’izindi nzira z’imyakura zinyura mu mugongo.

Ubushakashatsi bwa 7 ku mibereho n’ubuzima mu Rwanda, Demographic and Health Survey bwatangajwe n’Ikigo cy’Ibarurishamibare NISR muri iki cyumweru gishize, buvuga ko 78% by’abagore batwite muri 2025 bitabiriye kwipimisha inda inshuro 4 nk’uko babisabwa, akaba ari ikigero gishimwa cyane ugereranyije n’icy’ubushize muri 2020 cyageraga kuri 47% gusa.

Nta mahirwe yo kubaho ku muntu wavukanye ubumuga bwa cyclopia, kuko abenshi mu bana bavutse bameze batyo ngo bapfa hashize amasaha, iminsi, cyangwa amezi make, kuko ubwonko buba budashobora gufasha imikorere yose y’umubiri ikenewe kugira ngo abeho.

Igihugu cya Misiri giheruka kugaragaramo umubyeyi wabyaye umwana w’umuhungu ufite ubumuga bwa cyclopia mu kwezi k’Ukwakira kwa 2015, akaba yaramaze iminsi(batavuze umubare) agahita apfa.

Ubundi bumuga umuntu avukana bushobora guturuka ahanini ku burangare bw’ababyeyi batitabira gusuzumisha inda cyangwa abitwara nabi mu gihe batwite, harimo kubyara umwana ufite ingingo zidasanzwe (impanga zifatanye, amaguru cyangwa amaboko maremare cyane cyangwa magufi bikabije,…).

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge