Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yakuriye inzira ku murima ba nyiri insengero zafunzwe bari bategereje ko zongera gufungurwa nyuma yo kuzuza ibyo basabwaga, birimo ikijyanye no kwirinda gusakuriza abaturanyi bazo, kugira umwanya munini w’ubwinyagamubiriro bw’abasenga, ubwiherero buhagije n’ubundi buryo bwo kwirinda gushyira ubuzima bw’abantu mu kaga.
Kuva mu mwaka ushize wa 2024 mu Rwanda hafunzwe insengero zirenga ibihumbi 9 mu bihumbi 14 byari hose mu Gihugu.
Perezida Kagame, mu kiganiro yagiranye n’Itangazamakuru kuri uyu wa Kane, yavuze ko uretse gufungura insengero zari zifunze, izigifunguye na zo zishobora gufungwa kuko ngo nta kamaro azibonamo usibye kwiba abaturage.







