Imyigaragambyo yamagana amatora muri Tanzania yatwikiwemo amakamyo atwaye ibiruzwa by’u Rwanda

Imyigaragambyo yatewe no kwanga amatora muri Tanzania yatangiye kugira ingaruka zikomeye ku Rwanda, aho amakamyo arenga 1,000 arimo kuzana ibicuruzwa yahagaze mu nzira, mu rwego rwo kwirinda guhura n’abashobora kuyatwika cyangwa gusahura ibicuruzwa biyarimo.

Umuyobozi mu Rugaga nyarwanda rw’Abikorera PSF ushinzwe Ubwikorezi, Abdul Ndarubogoye, yatangarije KIGAIINFO ko hari amakamyo arenga atanu y’u Rwanda amaze gutwikwa.

Ndarubogoye yagize ati “Imodoka zose twarazihagaritse kuko igenda barayitwika, hari amakamyo yacu (y’u Rwanda) agera nko ku 1000 atwaye ibicuruzwa bitandukanye mu makontineri, harimo ibigori n’amakara akoreshwa mu nganda zikora sima, amakamyo bamaze gutwika ni nka 5 cyangwa 6 gutyo, kuko birabera ahantu hatandukanye.”

Ndarubogoye avuga ko hari amakamyo y’u Rwanda yabonye ku mbuga nkoranyambaga batwikira i Dar es Salam, ku mupaka wa Sirari ndetse n’ahitwa Kahama ahari sitasiyo ayo makamyo yari aparitseho.

Avuga ko uko gutwika amakamyo atwaye ibicuruzwa atari igikorwa cyibasira Abanyarwanda gusa, ahubwo ko ari imodoka zose zigerageje kujya mu muhanda, kandi ko atazi igihe ibi bibazo bizarangirira kugira ngo izo modoka zongere zisubukure ingendo.

Ati “Bitewe n’uko ikamyo zose bazihagaritse, iyo wowe ugerageje kugenda, ikamyo bahita bayitwika.”

U Rwanda runyuza ku cyambu cya Dar es Salam muri Tanzania ibicuruzwa bitandukanye biva mu mahanga ndetse n’ibyoherezwayo, kandi akaba ari cyo cyambu cya hafi kirugeza ku Nyanja y’u Buhinde.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka