Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

Dr Frank Habineza uyobora Ishyaka riharanira Demukarasi no kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Green Party) hamwe na Nkubana Alphonse uyobora Ishyaka ry’Ubwisungane bugamije Iterambere, PSP, batowe nk’abakandida Senateri, bazasimbura abagiye gusoza manda yabo.

Aba basenateri bashya batorewe mu nama idasanzwe y’Inteko rusange y’Ihuriro ry’Igihugu Nyunguranabitekerezo ry’Imitwe ya Politiki (NFPO), yateranye kuri uyu wa Kabiri tariki 14 Ukwakira 2025.

Dr Habineza na Nkubana bagiye gusimbura Mugisha Alex na Clautilde Mukakarangwa, abasenateri bahagarariye imitwe ya Politiki barangije manda.

Dr Habineza yatangaje ko yishimiye iki cyizere yagiriwe n’Imitwe ya Politiki yamutoye, akaba yizeza ko azakomeza gukorera ubuvugizi Abanyarwanda nk’uko yabikoraga akiri umudepite.

Dr Habineza yakomeje agira ati “Nzakomeza ubuvugizi nk’uko nabikoraga ndi Umudepite, ndetse no gukora inshingano za Sena zo gukurikirana iyubahirizwa ry’amahame remezo ari mu Itegeko Nshinga.”

Dr Frank Habineza wavutse mu mwaka wa 1977, ari mu bashinze ishyaka Democratic Green Party of Rwanda(DGPR) muri 2009, akaba ari na we Perezida waryo kugeza ubu.


Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge