
Uwari Umuyobozi w’Umuryango Mpuzamahanga Urwanya Ruswa n’Akarengane mu Rwanda, Transparency International (TI_Rwanda), yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 09 Ukwakira 2025, nyuma y’igihe kinini yari amaze arwaye.
Umuryango Transparency International Rwanda watangaje ko ubabajwe n’urupfu rwa Madame Ingabire, umwifuriza iruhuko ridashira, unihanganisha umuryango we n’inshuti.
Ingabire Immaculée wari impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu, yavutse mu mwaka wa 1961, akaba yarakuriye mu buhungiro mu bihugu bya Congo na Burundi, yagarutse mu Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.