Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa igice cy’ubutaka bwa Ukraine, mu rwego rwo kurangiza intambara imaze imyaka itatu ihanganishije u Burusiya na Ukraine (cyangwa OTAN muri rusange).

Trump na Putin barateganya guhurira muri Leta ya Amerika yitwa Alaska yegereye u Burusiya, i Girdwood mu Mujyi wa Anchorage, muri Hotel yitwa Alyeska Resort kuri uyu wa 15 Kanama 2025.

Intambara ibera muri Ukraine imaze gutuma u Burusiya bwigarurira igice cy’uburasirazuba bw’icyo gihugu kingana na 1/5, hakurya y’Umugezi witwa Dnipro, hepfo yaho mu Nyanja y’Umukara na ho haba umwigimbakirwa witwa Crimea u Burusiya bwambuye Ukraine muri 2014.

U Burusiya bumaze igihe bwifuza ko ibice bwigaruriye byabwomekwaho, none Trump arasa n’urimo kubyemera n’ubwo amahanga cyane cyane u Burayi arimo kubirwanya ku buryo bukomeye, kuko ngo ari ukwica amasezerano mpuzamahanga y’Umuryango w’Abibumbye no kutubahiriza ubusugire bwa Ukraine.

Trump yagize ati “Mu guhura kwanjye na Putin hazabaho guharirana, (Abarusiya) bafite aho bagomba gusigarana n’aho bazemera gutanga.”

Ibi biganiro by’amahoro bihuza aba Perezida b’ibihugu by’ibihangange ku isi ntabwo biri mu bushake bwa Ukraine cyangwa ngo Umuryango OTAN muri rusange ube warabyemeye.

Ukraine n’ubwo yakwitabira ibyo biganiro cyangwa ntibizemo, ni ikintu cyarwanyijwe cyane na Perezida Volodymyr Zelensky ndetse n’ibihugu by’i Burayi muri rusange, aho bo biyemeje gukomeza intambara n’u Burusiya, bakavuga ko Trump na Putin bibereye muri gahunda zabo bwite.

Hari Umukoloneri w’Umwongereza, Hamish de Bretton-Gordon watanze ikiganiro kuri Televiziyo yitwa Byline TV, asaba inzego zikorana n’Urukiko mpuzamahanga ICC guta muri yombi Putin najya muri Alaska, ariko imbogamizi zikaba ko Amerika atari umunyamuryango w’urwo rukiko.

Usibye n’ibyo, haribazwa ingufu cyangwa ubuhanga abantu bafata Putin baba bitwaje kugira ngo bamenere mu bashinzwe umutekano we bikabayobera, cyane ko ngo hari n’abamurinda bagenda bitwaje amasanduku abitse imfunguzo z’intwaro kirimbuzi.

Related Posts

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

Read more

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

Read more

Ntibigucike

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Aimable Karasira yapfuye

Aimable Karasira yapfuye

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye