Mozambike:Imfungwa zirenga 1,500 zatorotse gereza kubera imyigaragambyo

Polisi ivuga ko imfungwa zirenga 1,500 zatorotse gereza muri Mozambique, zifatiranye imvururu za politike zikomeje kubera muri icyo gihugu zitewe n’ibyavuye mu matora byateje impaka.

Mu kiganiro n’abanyamakuru, umukuru wa polisi Bernardino Rafael yavuze ko abantu 33 bishwe naho abandi 15 barakomereka mu bushyamirane n’abarinzi.

Yongeyeho ko abandi hafi 150 mu batorotse bamaze kongera gufatwa.

Imyigaragambyo yadutse ku wa mbere, nyuma yuko urukiko rurusha izindi ububasha rwemeje intsinzi y’ishyaka FRELIMO mu matora ya perezida yabaye mu Kwakira (10) uyu mwaka. Iri shyaka rimaze imyaka 49 ku butegetsi.

Rafael yavuze ko ejo ku wa gatatu amatsinda y’abigaragambya bamagana leta begereye iyo gereza yo mu murwa mukuru Maputo. Yavuze ko imfungwa zafatiranye izo mvururu, nuko zisenya urukuta ziratoroka.

Mozambique yugarijwe n’imvururu kuva mu Kwakira ubwo habaga amatora ya perezida yateje impaka. Ibyavuye mu matora byatangajwe byagaragaje ko umukandida Daniel Chapo w’ishyaka FRELIMO ari we watsinze amatora.

 

Iyi myigaragambyo mishya yadutse ku wa mbere, ubwo urukiko rurinda iremezo ry’itegekonshinga rwemezaga ko Chapo yatsinze amatora, nubwo rwagabanyije ikigero cy’intsinzi ye.

Ibyavuye mu matora by’ibanze byatangajwe mu Kwakira byagaragaje ko Chapo yatsinze ku majwi 71% naho uwo bari bahatanye ukomeye Venâncio Mondlane abona amajwi 20%. Ubu urwo rukiko rwavuze ko Chapo yatsinze ku majwi 65% naho Mondlane abona amajwi 24%.

Amakuru dukesha BBC avuga y’uko umujyi wa Maputo washoboraga kugira ngo nta muntu uwubamo.

Ubucuruzi hafi ya bwose bwari bwafunze, n’abantu bagumye mu ngo zabo mu kwirinda ko baza kwisanga muri izi mvururu za mbere mbi cyane zibaye muri uwo mujyi kuva FRELIMO yafata ubutegetsi mu 1975, ubwo iki gihugu cyo muri Afurika y’amajyepfo cyabonaga ubwigenge.

Ibiro bya FRELIMO, stasiyo za polisi, za banki n’inganda byarasahuwe, birasenywa ndetse biratwikwa mu bice bitandukanye by’igihugu. Kuva ku wa mbere, abantu nibura 21 biciwe mu mvururu, nkuko minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu yabivuze ku mugoroba wo ku wa kabiri.

Mondlane, wamaze guhunga akava muri Mozambique, amaze igihe asaba abamushyigikiye kwigaragambya bamagana amatora avuga ko yabayemo uburiganya.

Mu butumwa yatangaje ku mbuga nkoranyambaga mu mpera y’icyumweru gishize, yavuze ko hashobora kubaho “imyivumbagatanyo mishya y’abaturage” mu gihe ibyavuye mu matora byaba bitaburijwemo.

Abantu hafi 150 bamaze kwicirwa muri iyi myigaragambyo imaze amezi hafi atatu kuva amatora abaye.

 

By Julien B.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge