Zelensky yatutse Putin

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatutse uw’u Burusiya, Vladimir Putin amwita ikigoryi, nyuma y’amagambo uyu uyoboye igihugu kinini ku Isi yavuze agakomeretsa ab’i Kyiv.

Ubwo ku wa 19 Ukuboza 2024 Perezida Putin yari mu kiganiro n’abanyamakuru, yavuze ko ubwirinzi abo mu Burengerazuba bw’Isi bahaye Ukraine mu gusenya ibisasu biyirashweho, bufite ubushobozi bwo hasi ugereranyije n’igisasu cy’u Burusiya cyiswe Oreshnik, gishobora kugendera ku muvuduko ukubye uw’ijwi nshuro 10.

Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru kivuga ko Mu gukomeza gukina ku mubyimba Ukraine, Putin yavuze ko niba hari abashidikanya, habaho igerageza, ni ukuvuga akarashisha Ukraine icyo gisasu harebwa ko ubwo bwirinzi bwagikumira.

Putin ati “Reka iryo gerageza rizabere kuri Kyiv, hanyuma bakusanye ubwirinzi bwabo maze tubagabeho igitero dukoresheje Oreshnik, turebe ikiza kuba. Twe turiteguye kuri iryo gerageza, yewe n’uyu munsi ntacyo bitwaye. Ese bo bariteguye?”

Perezida Putin yavuze ko iryo gerageza ryabera aho ari ho hose, avuga ko yahisemo Kyiv kuko ari ho hari ubwirinzi bukomeye, Ukraine yahawe n’abo mu Burengerazuba bw’Isi

Ni amagambo yababaje, Zelensky maze na we atazuyaje yita uwo bahanganye mu ntambara “dumbass,” ijambo risobanura ikigoryi, cyangwa utangira ubwenge.

Ati “Abantu bari gupfa we [Perezida Putin] akumva ko bishimishije, igikoryi gusa.”

Ako kanya Ibiro bya Perezida w’u Burusiya byahise bisubiza iyo mvugo ya Zelensky, maze Umuvugizi wabyo, Dmitry Peskov agira ati “Biragaragara ko amarangamutima yamurenze. Kwigenzura byamunaniye none yatangiye kumera nk’inka yica.”

Peskov kandi yanenze Zelensky ko aherutse gutuka na Minisitiri w’Intebe wa Hongrie wari wagaragaje ubushake bwo kunga ibyo bihugu biri mu ntambara.

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yakinnye ku mubyimba abo muri Ukraine ababwira ko intwaro zabo ziciriritse.

  • Related Posts

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Inyungu y’ikigo cy’itumanaho, MTN Rwandacell Plc, mu mezi atandatu ya mbere y’uyu mwaka wa 2025 yageze kuri miliyari 6.3 Frw nyuma yo kwishyura imisoro. Ibi ngo bigaragaje intambwe nini mu…

    Read more

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, yamaze kwemeza ko mu biganiro bizamuhuza na mugenzi we Vladimir Putin kuri uyu wa Gatanu, hazabaho gusuzuma niba u Burusiya butaharirwa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Abacuruzi b’u Rwanda bakanguriwe kwitabira inama muri Kenya mu kwa 10

    Agakiza ka Mama Thierry urimo gusezerwaho none (kurikira live)