Dore amadini n’amatorero byahagaritswe burundu mu Rwanda

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere, RGB, rwahagaritse burundu mu Rwanda imiryango 14 ishingiye ku kwemera (amadini n’amatorero), mu gihe indi 4 yahagaritswe by’agateganyo kubera kutagira ubuzima gatozi, kandi ibyangombwa yari yahawe bikaba byararengeje igihe.

RGB ivuga ko imiryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe burundu byatewe no kutubahiriza Amategeko, Imiyoborere mibi, amakimbirane y’urudaca mu bayoboke bayo n’amacakubiri mu bayobozi bayo.

Iyi miryango irashinjwa kandi kubangamira umutekano n’ituze by’Abanyarwanda, ubuzima, ubupfura, imico n’imyifatire myiza, ukwishyira ukizana n’uburenganzira bw’ibanze by’abandi.

Imiryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe burundu ni Agape Blessing Community, Calvary Independent Baptist Missions of Rwanda, Charismatic Episcopal Church of Rwanda, Communauté des Egises Chrétiennes en Afrique, Eglise Chrétienne en Afique na Eglise Evangélique de la
Parole Vivante au Rwanda.

Hari na Eglise Evangélique des Frères
en Christ, International Pentecostal Holiness Church, ltorero Ebenezer Rwanda, Itorero Showers of Blessing Church hamwe n’Itorero Umuriro wa Pentecote mu Rwanda.

RGB yanahagaritse burundu Miracle Pool Church Ikarabiro, Siloam Family Holy Church in Rwanda, na Zeraphat Holy Church.

Mu miryango ishingiye ku kwemera yahagaritswe by’agateganyo kuko nta buzima gatozi yari yahabwa kandi ibyemezo byayo by’agateganyo bikaba byararengije igihe hari Abiringiye Uwiteka mu Rwanda, Inter-Church Youth Foundation, Power of Christ Light’s Church, na Rwanda Immanuel Church.

 

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”