Ukraine yifuza ko intambara irimwo n’Uburusiya yarangira mu 2025

Amakuru ya AFP dukesha VOA avuga yuko ‘Prezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, uri mu rugendo mu gihugu cy’Ubudage, yatangaje ko ashaka ko intambara iri hagati y’igihugu ke n’Uburusiya irangira mu mwaka utaha wa 2025.

Zelensky ari mu rugendo mu Budagi gusaba ko ico gihugu gikomeza guha ike imfashanyo ya gisirikare. Mu gihe Ukraine igiye kwinjira mu gihe cy’ubukonje ku nshuro ya gatatu kuva intambara n’Uburusiya itangiye. Zelensky muri urwo rugendo rw’imisi ibiri yagize ku mugabane w’Uburayi, arimo gusaba ibihugu bicuditse gukomeza kumushyigikira.

Imbere y’uko agera mu Budage kuri uyu wa gatanu, Zelensky yari yasuye ibihugu by’Ubwongereza, Ubufransa n’Ubutaliyani

Mu rugendo arimo mu gihugu cy’Ubudagi kuri uyu wa gatanu, Prezida Zelensky yashimiye icyo gihugu kuba gikomeza gufasha Ukraine. Yavuze kandi ko binekewe cyane ko iyo mfashanyo itagabanuka mu mwaka utaha wa 2025.

Yatangaje ko Abanya ukraine bashaka ko intambara yashenye igihugu cyabo, ndetse igahitana n’ubuzima bw’abantu batari bake, irangira ningoga. Minisitiri w’intebe w’Ubudagi Olaf Scholz, yemereye Prezida Zelensky ko Ubudagi n’ibihigu bikorana na bwo mw’ishyirahamwe ry’ubumwe bw’Uburayi bizoherereza Ukraine ibindi birwanisho muri uyu mwaka. Yavuze ko igihugu cye kizaha kandi Ukraine imfashanyo ya miliyali 5 z’amayero mu mwaka utaha wa 2025.’

Julien B

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge