Amashuri atujuje ibisabwa agiye gufungwa

Minisiteri y’Uburezi(MINEDUC) yatangaje ko igiye gufunga amashuri atemewe muri buri Karere, kubera gukorera mu nyubako zitujuje ibisabwa zahoze zikoreshwa nk’utubari cyangwa ahacururizwa, ubu hahindutse amashuri y’incuke cyangwa abanza.

Ibitangazamakuru birimo Umuseke byanditse ko ayo mashuri yashinzwe atabanje guhabwa ibyangombwa by’Ikigo gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri(NESA), akaba ngo abangamiye umutekano n’ireme ry’uburezi.

Hari ababyeyi bagira ikibazo cyo guhitamo ishuri ryemewe n’iritemewe, bagapfa kwandikisha abana babo aho babonye, bikaba bibagiraho ingaruka z’uko iyo babandikishije ahadakwiye, hakunze kuvuka ubwumvikane buke hagati yabo n’ishuri, bagashaka gusubizwa amafaranga bitagishobotse.

MINEDUC ivuga ko inzego z’ibanze zikomeje kwakira ababyeyi baza gusaba kubakiranura n’ayo mashuri, hamwe no kubafasha kumenya ibigo bikora kinyamwuga byemewe na NESA, kugira ngo abe ari ho bajyana abana babo.

Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana avuga ko mu rwego rwo gukemura iki kibazo, hafashwe umwanzuro wo gufunga amashuri yose akora adafite ibyangombwa, ariko hakabanza gusohoka urutonde rw’ibigo byemewe ruzakorwa n’Urwego rushinzwe Uburezi(REB) muri buri Karere.

Minisitiri Nsengimana agira ati: “Ku kibazo cy’ibigo by’amashuri bikora nta byangombwa, hari ibiganiro twagiranye na MINALOC(Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu) kuko byari bitangiye kurenga urugero.”

Ati “(Ibibazo) byagezwaga mu Karere hanyuma NESA ikaza kureba. Twasanze(ibigo) bidakora neza, rero guhera ubu hagiye gukorwa urutonde rw’amashuri yemerewe gukora, turushyikirize uturere, rumanikwe ahagaragara”.

Nyuma yaho ababyeyi bazasabwa kujya bashishoza mbere yo kujyana abana babo ku mashuri, aho bazajya babanza kureba urutonde rw’ibigo byemewe.

Umuseke wanditse ko mu mashuri y’akajagari kandi atujuje ibisabwa ari hirya no hino mu Rwanda, mu Karere ka Musanze hamaze kubarurwa agera kuri 42.

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge