Kenya: Pasiteri yerekanye umugore mushya yashatse, abagore 700 bava mu rusengero

Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Bwa mbere yatangaje ko muri rusange yatakaje abakirisitu basaga 400, biturutse ku kuba yari yerekanye umugore we mushya mu rusengero.

Nyuma uwo mushumba w’itorero yaje, gutangaza ko abagore 700 ari bo bavuye mu rusengero icyarimwe, bakibona uwo mugore we mushya, barakajwe n’uko atari bo yahisemo ngo abashake, kuko buri wese muri abo bagore ngo yabaga yibwira ko ari we azahitamo.

Nubwo bimeze bityo ariko, Pasiteri Ng’ang’a yagumye ku cye, avuga ko abo bagiye bakomeza bakaguye iyo bagiye niba badashobora kubahiriza icyemezo cye n’amahitamo ye.

Nyuma y’uko uwo mushumba w’Itorero Neno Evangelism yari yarapfushije, yasezeranye n’undi mugore mushya mu rwego rwo kwishumbusha, hanyuma agashaka kumwerekana mu rusengero rwe, avuga ko ibyo ngo byarakaje cyane bamwe mu bakirisitu be, bituma abo bagore 700 bava mu rusengero rwe.

Ikinyamakuru Tuko cy’aho muri Kenya cyanditse ko Pasiteri Ng’ang’a aganira n’abakirisitu be bakiri muri urwo rusengero yahishuye ko mu bagore barakaye bakava mu rusengero rwe, harimo na bamwe bari bafite imirimo mu rusengero, bakaba baragiye bakimenya ko yamaze kubona undi mugore mushya. Kuko buri wese muri bo ngo yabaga afite icyizere ko azamushaka, akurikije urwego ariho ndetse no kuba ari umukire cyane ndetse akaba n’umuyobozi w’itorero.

Yagize ati, ” Mu gihe nari nshatse gushaka umugore wanjye, iri torero ryahuye n’ikibazo gikomeye. Itorero ryari ryuzuye cyane. Abagore benshi baruzuraga. Kubera ko iyo ufite amavuta, ukaba ubufite n’ubukire, abagore baza mu buzima bwawe. Barahari ahantu hose. Ubwo rero umunsi nerekanye umugore wanjye, unyizere cyangwa ubireke, ariko nakubwira ko abagore 700, bahagaze ntibakomeza kuza mu rusengero, batangira kugendera kure”

Yongeyeho ati “Bari babizi ko umugore wanjye wa mbere yapfuye, bafite icyizere ko wenda nzabahitamo, n’abamfashaga imirirmo mu itorero baragiye, bibaza impamvu ntabahisemo. Natakaje abantu basaga 400…, ndahagarara ndavuga nti nibagende, bamwe bakavuga ko ari uwanjye atari uw’Imana, abandi bo bavuze ko ari umwana…”.

Source: Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge