Kenya: Pasiteri yerekanye umugore mushya yashatse, abagore 700 bava mu rusengero

Pasiteri James Ng’ang’a uzwi cyane mu bakunda kwigisha ijambo ry’Imana babinyujije kuri televiziyo, ndetse akaba ari we washinze Itorero rya ‘Neno Evangelism’ muri Kenya, yatangaje ko abagore 700 bimutse bakava mu rusengero rwe nyuma y’uko aberetse umugore we mushya yashatse witwa Murugi Maina.
Bwa mbere yatangaje ko muri rusange yatakaje abakirisitu basaga 400, biturutse ku kuba yari yerekanye umugore we mushya mu rusengero.

Nyuma uwo mushumba w’itorero yaje, gutangaza ko abagore 700 ari bo bavuye mu rusengero icyarimwe, bakibona uwo mugore we mushya, barakajwe n’uko atari bo yahisemo ngo abashake, kuko buri wese muri abo bagore ngo yabaga yibwira ko ari we azahitamo.

Nubwo bimeze bityo ariko, Pasiteri Ng’ang’a yagumye ku cye, avuga ko abo bagiye bakomeza bakaguye iyo bagiye niba badashobora kubahiriza icyemezo cye n’amahitamo ye.

Nyuma y’uko uwo mushumba w’Itorero Neno Evangelism yari yarapfushije, yasezeranye n’undi mugore mushya mu rwego rwo kwishumbusha, hanyuma agashaka kumwerekana mu rusengero rwe, avuga ko ibyo ngo byarakaje cyane bamwe mu bakirisitu be, bituma abo bagore 700 bava mu rusengero rwe.

Ikinyamakuru Tuko cy’aho muri Kenya cyanditse ko Pasiteri Ng’ang’a aganira n’abakirisitu be bakiri muri urwo rusengero yahishuye ko mu bagore barakaye bakava mu rusengero rwe, harimo na bamwe bari bafite imirimo mu rusengero, bakaba baragiye bakimenya ko yamaze kubona undi mugore mushya. Kuko buri wese muri bo ngo yabaga afite icyizere ko azamushaka, akurikije urwego ariho ndetse no kuba ari umukire cyane ndetse akaba n’umuyobozi w’itorero.

Yagize ati, ” Mu gihe nari nshatse gushaka umugore wanjye, iri torero ryahuye n’ikibazo gikomeye. Itorero ryari ryuzuye cyane. Abagore benshi baruzuraga. Kubera ko iyo ufite amavuta, ukaba ubufite n’ubukire, abagore baza mu buzima bwawe. Barahari ahantu hose. Ubwo rero umunsi nerekanye umugore wanjye, unyizere cyangwa ubireke, ariko nakubwira ko abagore 700, bahagaze ntibakomeza kuza mu rusengero, batangira kugendera kure”

Yongeyeho ati “Bari babizi ko umugore wanjye wa mbere yapfuye, bafite icyizere ko wenda nzabahitamo, n’abamfashaga imirirmo mu itorero baragiye, bibaza impamvu ntabahisemo. Natakaje abantu basaga 400…, ndahagarara ndavuga nti nibagende, bamwe bakavuga ko ari uwanjye atari uw’Imana, abandi bo bavuze ko ari umwana…”.

Source: Kigali to day

By Jean de Dieu UDAHEMUKA 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye