Abanyamakuru ba RBA barimo Gerard Mbabazi na Anita Pendo basezeye

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Itangazamakuru (RBA) rukomeje gutakaza abanyamakuru bazwi na benshi, ariko byageze ku basezeye mu gihe kimwe ari bo Gerard Mbabazi, Ismael Mwanafunzi, Anita Pendo, Assoumpta Abayezu na Martin Nyirijabo, bitera abantu kwibaza byinshi.

Gerard Mbabazi

Gerard Mbabazi uzwi cyane mu bijyanye n’ibiganiro by’imyidagaduro, yakoreraga ibitangazamakuru bya RBA ari byo Magic FM, Radiyo na Televiziyo by’u Rwanda, ubu bikavugwa ko yaba yagiye kwikorera ku giti cye.

Ismael Mwanafunzi hamwe na Mahoro Claudine bashakanye

Ismael Mwanafunzi wari usanzwe azwi cyane mu kiganiro cyitwa Waruziko cya Radio Rwanda, ariko agakora no mu Ishami ry’amakuru, ubu na we ngo yahavuye ajya kwikorera ku giti cye.

Anita Pendo azwiho kuba umushyushyarugamba mu buzima busanzwe bwo hanze y’Itangazamakuru, ariko by’umwihariko akaba yakoraga ibiganiro by’imyidagaduro ku bitangazamakuru bigize RBA, ari byo Magic FM, Radio na Televiziyo by’u Rwanda.

Umushyushyarugamba Anita Pendo

Anita Pendo agiye gukora kuri Radio Kiss FM, aho abisikanye na Sandrine Isheja Butera, uwo Inama y’Abaminisitiri yateranye mu kwezi gushize kwa Kanama, ikamugira Umuyobozi wungirije wa RBA.

Martin Nyirijabo na Anne Marie Niwemwiza bashakanye

Martin Nyirijabo wari usanzwe akora mu ishami ry’amakuru kuri Radio Rwanda, ni umwe mu bari bamaze igihe kuri RBA, ariko abantu bakaba barimo kwibaza impamvu batakirimo kumwumva, ariko ukuri ni uko ashobora kuba yagiye gukorera Umuryango Croix Rouge.

Assoumpta Abayezu wari usanzwe uzwi cyane mu makuru y’imyidagaduro kuri RBA, na we amaze igihe atahumvikana, bikavugwa ko yaba yagiye kwikorera.

Abayezu Assoumpta

Umwe muri abo banyamakuru twaganiriye, yatangaye ati “(Abagendeye rimwe) uzi ko turi benshi koko! Gusa nta kibazo na gito dufitanye na RBA rwose, jyewe byahuriranye n’uko abandi bagiye.”

Uyu munyamakuru avuga ko RBA ibahemba neza kandi bakorera ahantu heza(muri Environment nziza), gusa ngo byabaye ngombwa kugenda bitewe n’aho buri wese abona agafaranga gatubutse.

 

 

  • Related Posts

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Guhura kwa Perezida Trump wa Amerika na Putin w’u Burusiya hari ababinenze bavuga ko Perezida wa Amerika yabihombeyemo kuko nta cyo u Burusiya bwamwemereye kijyanye no guhagarika intambara muri Ukraine,…

    Read more

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    Uwitwa Ngirabatware Ferdinand w’imyaka 35 na ‎Nyiranizeyimana Honorine w’imyaka 30, bashobora kurangiriza ubuzima bwabo mu igororero (bafunzwe) nyuma yo ‘gufatanywa urumogi rwari rugiye gucuruzwa.’ Polisi y’Igihugu ikorera mu Mujyi wa…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    Putin yahawe icyubahiro kirenze, Trump atahira aho

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    ‎Gasabo: Ubuzima basigaje barabumara bafunzwe nyuma yo gufatanwa urumogi

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    MTN Rwanda yungutse miliyari 6.3Frw mu gice cya mbere cya 2025

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Aha haba ari ho Putin na Trump bagiye guhurira bakagabana Ukraine

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Gasabo: Polisi yafunze umugore ushinjwa gukora likeri zitujuje ubuziranenge

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?

    Kuki harimo gufatwa imboni y’ijisho mu itangwa ry’indangamuntu nshya?