Abanyamakuru ba RBA barimo Gerard Mbabazi na Anita Pendo basezeye

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Itangazamakuru (RBA) rukomeje gutakaza abanyamakuru bazwi na benshi, ariko byageze ku basezeye mu gihe kimwe ari bo Gerard Mbabazi, Ismael Mwanafunzi, Anita Pendo, Assoumpta Abayezu na Martin Nyirijabo, bitera abantu kwibaza byinshi.

Gerard Mbabazi

Gerard Mbabazi uzwi cyane mu bijyanye n’ibiganiro by’imyidagaduro, yakoreraga ibitangazamakuru bya RBA ari byo Magic FM, Radiyo na Televiziyo by’u Rwanda, ubu bikavugwa ko yaba yagiye kwikorera ku giti cye.

Ismael Mwanafunzi hamwe na Mahoro Claudine bashakanye

Ismael Mwanafunzi wari usanzwe azwi cyane mu kiganiro cyitwa Waruziko cya Radio Rwanda, ariko agakora no mu Ishami ry’amakuru, ubu na we ngo yahavuye ajya kwikorera ku giti cye.

Anita Pendo azwiho kuba umushyushyarugamba mu buzima busanzwe bwo hanze y’Itangazamakuru, ariko by’umwihariko akaba yakoraga ibiganiro by’imyidagaduro ku bitangazamakuru bigize RBA, ari byo Magic FM, Radio na Televiziyo by’u Rwanda.

Umushyushyarugamba Anita Pendo

Anita Pendo agiye gukora kuri Radio Kiss FM, aho abisikanye na Sandrine Isheja Butera, uwo Inama y’Abaminisitiri yateranye mu kwezi gushize kwa Kanama, ikamugira Umuyobozi wungirije wa RBA.

Martin Nyirijabo na Anne Marie Niwemwiza bashakanye

Martin Nyirijabo wari usanzwe akora mu ishami ry’amakuru kuri Radio Rwanda, ni umwe mu bari bamaze igihe kuri RBA, ariko abantu bakaba barimo kwibaza impamvu batakirimo kumwumva, ariko ukuri ni uko ashobora kuba yagiye gukorera Umuryango Croix Rouge.

Assoumpta Abayezu wari usanzwe uzwi cyane mu makuru y’imyidagaduro kuri RBA, na we amaze igihe atahumvikana, bikavugwa ko yaba yagiye kwikorera.

Abayezu Assoumpta

Umwe muri abo banyamakuru twaganiriye, yatangaye ati “(Abagendeye rimwe) uzi ko turi benshi koko! Gusa nta kibazo na gito dufitanye na RBA rwose, jyewe byahuriranye n’uko abandi bagiye.”

Uyu munyamakuru avuga ko RBA ibahemba neza kandi bakorera ahantu heza(muri Environment nziza), gusa ngo byabaye ngombwa kugenda bitewe n’aho buri wese abona agafaranga gatubutse.

 

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge