DRC:Abashatse guhirika ubutegetsi bakatiwe urwo gupfa

Amakuru dukesha BBC avuga yuko “Umushinjacyaha w’urukiko rwa gisirikare yasabiye igihano cyo kwicwa abantu 50 baregwa kugerageza guhirika ku ngufu ubutegetsi bwa Kinshasa tariki 19 Gicurasi(5), uruhande rwabo rwavuze ko icyo gihano gikabije.

Aba bateye urugo rwa Vital Kamerhe – ubu ukuriye Inteko Ishingamategeko, n’ibiro Perezida Félix Tshisekedi akoreramo i Kinshasa, bari bayobowe na Christian Malanga wahise yicwa mu kubafata.

Baregwa ibyaha birimo; iterabwoba, gutunga intwaro bitemewe, kwica, umugambi wo kwica, no gutera inkunga iterabwoba n’ibindi.

Kuri 51 baregwa, ubushinjacyaha bwasabiye umwe gusa kudakatirwa urwo gupfa kuko “agaragaza ibibazo byo mu mutwe”.

Abaregwa abenshi ni Abanyecongo, barimo kandi Abanyamerika batatu, Umwongereza umwe, Umunyacanada umwe, n’Umubiligi umwe, ariko bose bafite inkomoko muri DR Congo.

Umwe mu baregwa wagarutsweho mu iburanishwa ryo ku wa kabiri, ni Jean-Jacques Wondo, wari umukozi w’urwego rw’ubutasi rwa DR Congo.

Ubushinjacyaha buvuga ko Wondo ari we wari inyuma y’iki gitero kandi ari na we watanze imodoka zibatwara.

Wondo ahakana ibi birego, ariko kimwe na benshi mu bareganwa na we, yasabiwe urwo gupfa.

Mu cyumweru gishize, abunganira leta muri uru rubanza basabye indishyi ya miliyoni 250$ zo gusana ibyangijwe n’igitero cy’aba bantu.

Umuryango w’umusivile witwa Kevin Tamba bivugwa ko yishwe n’abakoze iki gitero bamuhagaritse mu muhanda, wasabye indishyi z’akababaro za miliyoni eshanu z’amadorari ya Amerika, naho umupfakazi we asaba indishyi za miliyoni 20$ amugenewe, umwana wabo, n’umwana wabo utaravuka.

Uruhande rw’abaregwa rwanenze igihano cy’urupfu basabiwe, ruvuga ko kirengereye bikabije. Biteganyijwe ko uru ruhande ruzumvwa mu iburanishwa ryo ku wa gatanu.

Muri Werurwe(3) uyu mwaka, leta ya Kinshasa yasubijeho ishyirwa mu bikorwa ry’igihano cy’urupfu, ibyanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

By Julien B

 

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge