DRC:Abashatse guhirika ubutegetsi bakatiwe urwo gupfa

Amakuru dukesha BBC avuga yuko “Umushinjacyaha w’urukiko rwa gisirikare yasabiye igihano cyo kwicwa abantu 50 baregwa kugerageza guhirika ku ngufu ubutegetsi bwa Kinshasa tariki 19 Gicurasi(5), uruhande rwabo rwavuze ko icyo gihano gikabije.

Aba bateye urugo rwa Vital Kamerhe – ubu ukuriye Inteko Ishingamategeko, n’ibiro Perezida Félix Tshisekedi akoreramo i Kinshasa, bari bayobowe na Christian Malanga wahise yicwa mu kubafata.

Baregwa ibyaha birimo; iterabwoba, gutunga intwaro bitemewe, kwica, umugambi wo kwica, no gutera inkunga iterabwoba n’ibindi.

Kuri 51 baregwa, ubushinjacyaha bwasabiye umwe gusa kudakatirwa urwo gupfa kuko “agaragaza ibibazo byo mu mutwe”.

Abaregwa abenshi ni Abanyecongo, barimo kandi Abanyamerika batatu, Umwongereza umwe, Umunyacanada umwe, n’Umubiligi umwe, ariko bose bafite inkomoko muri DR Congo.

Umwe mu baregwa wagarutsweho mu iburanishwa ryo ku wa kabiri, ni Jean-Jacques Wondo, wari umukozi w’urwego rw’ubutasi rwa DR Congo.

Ubushinjacyaha buvuga ko Wondo ari we wari inyuma y’iki gitero kandi ari na we watanze imodoka zibatwara.

Wondo ahakana ibi birego, ariko kimwe na benshi mu bareganwa na we, yasabiwe urwo gupfa.

Mu cyumweru gishize, abunganira leta muri uru rubanza basabye indishyi ya miliyoni 250$ zo gusana ibyangijwe n’igitero cy’aba bantu.

Umuryango w’umusivile witwa Kevin Tamba bivugwa ko yishwe n’abakoze iki gitero bamuhagaritse mu muhanda, wasabye indishyi z’akababaro za miliyoni eshanu z’amadorari ya Amerika, naho umupfakazi we asaba indishyi za miliyoni 20$ amugenewe, umwana wabo, n’umwana wabo utaravuka.

Uruhande rw’abaregwa rwanenze igihano cy’urupfu basabiwe, ruvuga ko kirengereye bikabije. Biteganyijwe ko uru ruhande ruzumvwa mu iburanishwa ryo ku wa gatanu.

Muri Werurwe(3) uyu mwaka, leta ya Kinshasa yasubijeho ishyirwa mu bikorwa ry’igihano cy’urupfu, ibyanenzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu.

By Julien B

 

  • Related Posts

    Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

    Abatunganya imiturire mu Mujyi wa Kigali bamuritse site nshya i Kanyinya muri Nyarugenge ahitwa Rwakivumu II (hejuru ku musozi wa Shyorongi) nk’agace bamwe batazi nyamara ari hafi y’Umujyi, hakaba hitaruye…

    Read more

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    Ntibigucike

    Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

    Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri