Umujyi wa Kigali uzashyiraho inzira za bisi gusa, ab’amikoro make bazahabwa inzu

Kajeneri Mugenzi Christian, Perezida w’Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali uherutse gutorerwa gusimbura Prof. Kayihura Muganga Didas, yijeje ko mu myaka itanu ya Manda nshya iri imbere, hazaba hagiyeho inzira zahariwe imodoka zitwara abagenzi gusa.

Umubyigano w’ibinyabiziga cyane cyane mu masaha abakozi baba bajya cyangwa bava mu kazi ni kimwe mu bituma abagenzi bakererwa imirimo hamwe no gutaha, kuko bamara igihe kinini ku mirongo, ku byapa no muri gare.

 

Mu gikorwa cy’ihererekanya ry’inyandiko, uwari Umukuru w’Inama Njyanama, Prof. Kayihura Muganga Didas yanabwiye mugenzi we umusimbuye ko hari inzu zirimo kubakwa mu Cyahafi zigomba guhabwa imiryango igera kuri 688 ifite amikoro make.

Iyo miryango yasenyewe kubera ibiza kuva mu mwaka ushize wa 2023, irizezwa ko izahabwa izo nzu mbere y’uko uyu mwaka wa 2024 urangira.

Inama Njyanama y’Umujyi wa Kigali iherutse gutorwa ivuga ko muri iyi myaka itanu iri imbere izakora imishinga irambye igamije gufasha abawutuye kutawuvamo bajya gutura mu nkengero.

 

Kuri uyu wa Kabiri kandi, Ubuyobozi Bukuru bw’Urwego w’lgihugu rw’ltangazamakuru(RBA) bwahaye ikaze Butera Sandrine Isheja, Umuyobozi Mukuru Wungirije, uherutse gushyirwa kuri uyu mwanya n’Inama y’Abaminisitiri, bumwizeza imikoranire inoze mu nshingano nshya.

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye