Israel Mbonyi yasoreje i Mbarara ibitaramo yari afite muri Uganda

Israel Mbonyi umwe mu baramyi bahagaze neza mu Karere yashyize akadomo ku bitaramo bibiri yari afite mu gihugu cya Uganda byitabiriwe n’ibihumbi by’abantu.
Nyuma y’uko Israel Mbonyi avuye muri Kenya aho yataramiye abakunzi be mu gitaramo cy’amateka cyabaye mu ntangiriro za Kanama 2024, hari hagezweho Uganda aho yakoreye ibitaramo bibiri.

Ikinyamakuru cy’Inyarwanda.com dukesha iyi nkuru gikomeza kivuga ko uyu muhanzi yataramiye i Kampala ku wa 23 Kanama 2024 ahitwa Lugogo. Mu ijoro ryo ku wa 25 Kanama 2024 yataramiye i Mbarara. Ibi bitaramo byose byitabiriwe n’ibihumbi by’abantu.Mu butumwa bw’ishimwe bwa Israel Mbonyi, yashimiye Imana. Ati: ”Mbega ijoro na none ry’agatangaza. Byari ibitangaza iby’iri vugabutumwa. Warakoze Mana ku bwab’abantu bawe b’akataraboneka. Amashimwe yose abe ayawe Data.”
Israel Mbonyi akomeje kwigarurira imitima ya benshi kuva yatangira kujya akora ibihangano biri mu giswahili. Kuri iyi nshuro afite indirimbo imaze umwaka umwe yitwa ‘Nina Sri’ imaze kurebwa inshuro zigera kuri Miliyoni 60 kuri YouTube.

Byari ibyishimo kubitabiriye iki gitaramo
  • Related Posts

    Yitabaje TikTok asaba uwamufasha kubaga ingurube, haza abarenga 3000

    Umukobwa wo mu Bushinwa witwa Daidai yabuze uwafasha se w’umusaza kwica ingurube 2 z’umunsi mukuru, yandika ku mbuga nkoranyambaga (TikTok) abisaba, atungurwa no kubona abantu barenga 3,000 mu rugo iwabo…

    Read more

    Ubusobanuro bw’Ikinyarwanda cy’ab’ubu, ‘ni danger’ ya Danny Vumbi

    Bamwe mu rubyiruko rw’u Rwanda bakomeje guhindura ururimi rw’Ikinyarwanda ku buryo bashobora kuruvuga ukayoberwa icyo bavuze, nk’uko umuhanzi witwa Daniel Semivumbi, uzwi nka Danny Vumbi, yabigize urwenya akashyira mu ndirimbo.…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”