ADEPR: Insengero zirenga 1154 muri 3141 zizavaho burundu

Umushumba Mukuru wungirije wa ADEPR, Rutagarama Eugène, yatangaje ko insengero zirenga 1,154 ziri mu zafunzwe kubera kutubahiriza ibisabwa zitazongera gufungurwa, abazisengeragamo bakazajya ahandi mu zujuje ibisabwa.

Ibi yabitangaje ku Cyumweru, tariki 14 Ukuboza 2025, mu kiganiro n’Abanyamakuru cyibanze ku myiteguro y’isabukuru y’imyaka 85 Itorero rya ADEPR rimaze rishinzwe.

Iyi nkuru dukesha Igihe ivuga ko mu nsengero 3141 z’Itorero rya ADEPR, izasigaye zikora kuko zujuje ibisabwa ari 970 nyuma y’igenzura ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere.

Pasiteri Rutagarama avuga  ko insengero zirenga 1900 ziri mu rugendo rwo kuzuza ibisabwa kugira ngo zibe zakwemererwa gufungurwa.

Yagize ati:”Uyu munsi Itorero ADEPR ubusanzwe rifite amatorero 3142, uyu munsi izifunguye(insengero) ni 970, izirenze 2100 zirafunzwe kuko zitujuje ibisabwa. Ariko turi mu rugendo rwo kugira ngo twuzuze ibisabwa kandi biri kugenda neza. Natwe hari uruhare twakoze, dushima ko muri ayo matorero 1154, 37% dukwiriye kuyahuza n’andi, kugira ngo tubashe kugira itorero rishyitse.”

Yakomeje avuga ko bahuje izo nsengero kugira ngo bazongerere imbaraga, mu byo bashingiyeho hakaba harimo kuba hari izari ahantu habangamira ubuzima bw’abanyetorero ndetse no kuba ari ahantu hato hafunganye.

Pasiteri Rutagarama avuga ko ibi byose babiganiriyeho n’inama y’abashumba ikemeza ko hagira abegera abandi bagahuza imbaraga.

Ashimira abanyetorero bari gukora ibishoboka byose kugira insengero zabo zuzuze ibisabwa.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge