ADEPR: Insengero zirenga 1154 muri 3141 zizavaho burundu

Umushumba Mukuru wungirije wa ADEPR, Rutagarama Eugène, yatangaje ko insengero zirenga 1,154 ziri mu zafunzwe kubera kutubahiriza ibisabwa zitazongera gufungurwa, abazisengeragamo bakazajya ahandi mu zujuje ibisabwa.

Ibi yabitangaje ku Cyumweru, tariki 14 Ukuboza 2025, mu kiganiro n’Abanyamakuru cyibanze ku myiteguro y’isabukuru y’imyaka 85 Itorero rya ADEPR rimaze rishinzwe.

Iyi nkuru dukesha Igihe ivuga ko mu nsengero 3141 z’Itorero rya ADEPR, izasigaye zikora kuko zujuje ibisabwa ari 970 nyuma y’igenzura ryakozwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imiyoborere.

Pasiteri Rutagarama avuga  ko insengero zirenga 1900 ziri mu rugendo rwo kuzuza ibisabwa kugira ngo zibe zakwemererwa gufungurwa.

Yagize ati:”Uyu munsi Itorero ADEPR ubusanzwe rifite amatorero 3142, uyu munsi izifunguye(insengero) ni 970, izirenze 2100 zirafunzwe kuko zitujuje ibisabwa. Ariko turi mu rugendo rwo kugira ngo twuzuze ibisabwa kandi biri kugenda neza. Natwe hari uruhare twakoze, dushima ko muri ayo matorero 1154, 37% dukwiriye kuyahuza n’andi, kugira ngo tubashe kugira itorero rishyitse.”

Yakomeje avuga ko bahuje izo nsengero kugira ngo bazongerere imbaraga, mu byo bashingiyeho hakaba harimo kuba hari izari ahantu habangamira ubuzima bw’abanyetorero ndetse no kuba ari ahantu hato hafunganye.

Pasiteri Rutagarama avuga ko ibi byose babiganiriyeho n’inama y’abashumba ikemeza ko hagira abegera abandi bagahuza imbaraga.

Ashimira abanyetorero bari gukora ibishoboka byose kugira insengero zabo zuzuze ibisabwa.

Related Posts

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

Read more

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

Read more

Ntibigucike

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

Aimable Karasira yapfuye

Aimable Karasira yapfuye

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye