Impinduka muri Guverinoma-Dr Muligande muri Sena, Gen Kabarebe asubiye ku Bujyanama

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ashingiye ku ngingo za 116 na 112 z’Itegeko Nshinga, yakuyeho bamwe mu bagize Guverinoma ashyiramo abandi bashya, aho uwari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI), Dr Telesphore Ndabamenye asimbuye Dr Mark Cyubahiro Bagabe ku mwanya wa Minisitiri.

Ni mu gihe Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga na yo ibonye Dr Usta Kayitesi nk’Umunyamabanga wa Leta mushya usimbuye Gen James Kabarebe wasubiye ku mwanya w’Umujyanama wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano.

Dr Charles Muligande w’imyaka 67 y’amavuko, waherukaga mu buyobozi mu mwaka wa 2015 (aho yari Ambasaderi w’u Rwanda mu Buyapani muri 2011-2015) ariko mbere yaho yarari mu myanya ikomeye nko kuba yarabaye Minisitiri w’Uburezi kuva 2009-2011, Minisitiri ushinzwe imirimo y’Inama y’Abaminisitiri 2008-2009, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kuva muri 2002-2008, ubu yagiye kuba Umusenateri usimbura Dr Usta Kaitesi wagiye kuba Umunyamabanga wa Leta.

Umunyamabanga wa Leta mushya muri MINAGRI ni Dr Solange Uwituze wari usanzwe ari Umuyobozi Mukuru wungirije ushinzwe Ubworozi mu Kigo gishinzwe guteza Imbere Ubuhinzi n’Ubworozi(RAB).

Impinduka muri MINAGRI zije zihuta kuko Dr Mark Cyubahiro Bagabe yari yagizwe Minisitiri mu mwaka ushize ku itariki 19 Ukwakira 2024. Izi mpinduka zije nyuma y’uko ibitangazamakuru bitangaje ko mu Karere ka Kayonza hari abaturage bibasiwe n’amapfa mu murenge wa Ndego hamwe no mu bice bihegereye.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge