Dore ibanga ryo kuramba ku isi! Ni nde kugeza ubu uyibayeho igihe kirekire?

Kugeza ubu mu mwaka wa 2025, umuntu ukiriho uzwiho kuba mu barambye ku isi yitwa Ethel Caterham wo mu Bwongereza, akaba yarujuje imyaka 116 mu kwezi gushize kwa Kanama 2025. Kigali Info irabagezaho inama zitangwa n’inzobere mu bijyanye no kwita ku buzima bw’umuntu kugira ngo abashe kubaho imyaka myinshi ku isi, nk’uko byifuzwa na benshi.

Nk’uko byanditswe n’ikinyamakuru cyitwa Harvard Health cy’Ishuri ry’ubuvuzi rya Kaminuza ya Harvard, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, hamwe na PubMed Central cy’Ikigo gishinzwe ubuvuzi muri Amerika(NIH), dore ibyo wakora muri iki gihe kugira ngo ubeho igihe kirekire kandi ufite ubuzima buzira umuze.

Icya mbere ni ukureka itabi, kuko umwotsi waryo uhumanya ibihaha ugafunga inzira z’ubuhumekero, bigatuma umuntu atabasha kumara imyaka myinshi y’ubuzima bwe ku isi.

Siporo ya buri munsi – harimo iyo kugenda n’amaguru ndetse no gukora imirimo n’imyitozo ngororamubiri, bituma umutima ukora neza bikaringaniza gutembera kw’amaraso mu mubiri kuko imiyoboro yayo izibuka, bigatuma n’imbaraga z’umubiri zirushaho kwiyongera.

Kurya indyo iboneye kandi yuzuye – kurya imboga, imbuto, ibinyampeke n’umutsima wabyo utagira amasukari menshi, amafi, ibishyimbo n’amavuta, ukagabanya inyama hamwe n’ibyo kurya n’ibinyobwa byatunganyirijwe mu nganda akenshi biba bifite amasukari menshi, bituma umuntu agira ubuzima bwiza akaramba.

Kuryama igihe gihagije – abantu bakuru ni bo bakunda kuryama amasaha make, nyamara ngo bakeneye kumara byibura amasaha 7–9 basinziriye buri joro, mu gihe abana bo baba bagomba kuyarenza.

Kwirinda inzoga cyangwa kuzigabanya  –abaganga bavuga ko kunywa nyinshi byangiza umubiri, n’ubwo Bibiliya Yera yo itemerera umukristo wa nyawe kunywa na gake.

Kubaho uri inshuti y’abantu bose uhereye ku miryango yawe– kuba hafi y’abandi no kugira ibyo ubakorera bigutera ishema n’icyizere bigatuma umutima n’ubwonko bigira ubuzima bwiza.

Kwirinda imihangayiko no kujagarara(stress) – umutima uhorana amahoro utuma n’umubiri ukora neza.

Kugira isuku, kwivuza hakiri kare no gukingirwa – guhora umuntu asuzumisha umubiri we uko uhagaze(check-up), yasanga arwaye akivuza hakiri kare, ndetse no kwikingiza indwara, bimurinda gusaza akiri muto.

Kwirinda impanuka n’ibiza– gukoresha amavuta arinda uruhu kwangizwa n’izuba, kwirinda ibibazo bituruka ku kirere cyangwa impanuka umuntu ahura na zo mu ngendo no mu byo akora, biri mu bimurinda gupfa akenyutse(akiri muto).

PubMed Central ivuga ko hari ubushakashatsi bukomeje gukorwa ku miti nka metformin na rapamycin, igaragaza ko ishobora kongerera abantu imyaka yo kubaho, ariko ikazakoreshwa ku bantu mu gihe igerageza rikorerwa ku nyamaswa rizaba ritanze igisubizo.

Iyi miti kandi ngo isubiza inyuma ibimenyetso byo gusaza ku bantu bageze mu zabukuru, n’ubwo ngo abaganga basanze byagira izindi ngaruka ku buzima.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge