Gasabo: 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko bafashwe

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Mujyi wa Kigali yerekanye abagabo n’abasore 29 bakekwaho kwiba mu isoko rya Kimironko,
nyuma y’uko abahacururiza n’abaturage baza guhahira muri iryo isoko bagaragarije ikibazo cyo kwibasirwa n’abajura.

Polisi ivuga ko yakoze ibikorwa byo gufata abo bakekwaho ubujura mu gihe cy’iminsi ibiri kuva tariki 19-20/08/2025, ifatanyije n’izindi nzego z’umutekano hamwe n’abaturage.

Polisi ivuga ko hari abajura bibaga abacuruzi mu isoko rya Kimironko no mu nkengero zaho, abandi bagatega abakiriya baza guhaha bakabasaba imizigo bababwira ko babatwaje, ariko bagahita biruka bakayitwarira.

Abafashwe bafungiwe kuri sitasiyo ya Polisi ya Kimironko kugirango bakurikiranwe, kandi ibikorwa byo gufata abasigaye ngo birakomeje.

Polisi y’Igihugu irashimira abaturage bagaragaje iki kibazo ndetse n’abagize uruhare mu ifatwa ry’aba bakekwaho ubujura, ikaba kandi yibutsa abaturage gukomeza gutanga amakuru igihe cyose hari aho babonye abakora ibikorwa by’ubujura n’abahungabanya umutekano n’ituza ry’abantu.

Polisi yihanangirije abafite ingeso y’ubujura bose cyane cyane abategera ahantu hahurira abantu benshi haba mu isoko cyangwa muri za gare, bagamije kwiba abahakorera n’abahagenda, ikavuga ko bitazabahira kuko “inzego z’umutekano ziri maso kandi ziteguye kubafata bagahanwa.”

Abaturage na bo baragirwa inama yo kwirinda guha imizigo abo batazi ngo babatwaze, kuko ‘hari ibisambo byiba byigize abakarani’.

Polisi irahumuriza abajya mu masoko, muri gare n’ahandi hose mu Gihugu, ko umutekano wabo n’ibintu byabo urinzwe.

Related Posts

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

Read more

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

Read more

Ntibigucike

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge