NCDA na Rwanda Revenue bifashishije CarFreeDay mu bukangurambaga

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA) hamwe
n’igishinzwe Imisoro n’Amahoro(Rwanda Revenue Authority/RRA) byifashishije Siporo rusange izwi nka CarFreeDay mu bukangurambaga ku mikurire y’abana hamwe no kwiyandikisha mu bazahabwa ishimwe ry’umusoro ku nyungu(TVA).

NCDA (na Ministeri y’Ubuzima muri rusange) ivuga ko konsa neza umwana mu minsi 1000 ya mbere y’ubuzima bwe (kuva agisamwa mu nda ya nyina kugeza agejeje imyaka ibiri y’amavuko) bimuhesha imikurire myiza ku mubiri no mu mitekerereze (mu bwonko).

Abahanga mu mirire bavuga ko amashereka y’umubyeyi arimo intungamubiri zose umwana akeneye (proteyine, vitamini n’imyunyu ngugu), hakabamo n’abasirikare b’umubiri (antibodies) barinda indwara zirimo isereri, inzoka zo mu nda, umusonga n’ibicurane, imyanda(infections) y’amatwi n’iyo mu gifu.

Konsa neza umwana kandi ngo biteza imbere urukundo n’icyizere hagati ye n’umubyeyi, bikagabanya ibyago byo kwibasirwa n’indwara z’umutima n’umuvuduko ukabije w’amaraso, ndetse bikarwanya diyabete.

Umujyi wa Kigali uberamo Siporo ya CarFreeDay buri byumweru bitatu, uvuga ko abakozi ba Rwanda Revenue Authority hirya no hino mu Turere tuwugize bibukije gahunda ya TENGAPROMO, ikangurira abantu kwiyandikisha ku buntu kugira ngo bazahabwe ibihembo bikomoka ku gusaba fagitire ya TVA itangwa n’ikoranabuhanga rya EBM

Uwifuza ibi bihembo akanda *562# agakurikiza amabwiriza, hanyuma buri gihe uko ahashye agasaba facture ya EBM, ku buryo ikoranabuhanga rya Rwanda Revenue Authority rizajya gutanga ibihembo, uwo muntu akaba afite amahirwe yo gutoranywa mu bafashije abacuruzi gutanga fagitire ya EBM.


  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye