Zelensky yatutse Putin

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatutse uw’u Burusiya, Vladimir Putin amwita ikigoryi, nyuma y’amagambo uyu uyoboye igihugu kinini ku Isi yavuze agakomeretsa ab’i Kyiv.

Ubwo ku wa 19 Ukuboza 2024 Perezida Putin yari mu kiganiro n’abanyamakuru, yavuze ko ubwirinzi abo mu Burengerazuba bw’Isi bahaye Ukraine mu gusenya ibisasu biyirashweho, bufite ubushobozi bwo hasi ugereranyije n’igisasu cy’u Burusiya cyiswe Oreshnik, gishobora kugendera ku muvuduko ukubye uw’ijwi nshuro 10.

Ikinyamakuru IGIHE dukesha iyi nkuru kivuga ko Mu gukomeza gukina ku mubyimba Ukraine, Putin yavuze ko niba hari abashidikanya, habaho igerageza, ni ukuvuga akarashisha Ukraine icyo gisasu harebwa ko ubwo bwirinzi bwagikumira.

Putin ati “Reka iryo gerageza rizabere kuri Kyiv, hanyuma bakusanye ubwirinzi bwabo maze tubagabeho igitero dukoresheje Oreshnik, turebe ikiza kuba. Twe turiteguye kuri iryo gerageza, yewe n’uyu munsi ntacyo bitwaye. Ese bo bariteguye?”

Perezida Putin yavuze ko iryo gerageza ryabera aho ari ho hose, avuga ko yahisemo Kyiv kuko ari ho hari ubwirinzi bukomeye, Ukraine yahawe n’abo mu Burengerazuba bw’Isi

Ni amagambo yababaje, Zelensky maze na we atazuyaje yita uwo bahanganye mu ntambara “dumbass,” ijambo risobanura ikigoryi, cyangwa utangira ubwenge.

Ati “Abantu bari gupfa we [Perezida Putin] akumva ko bishimishije, igikoryi gusa.”

Ako kanya Ibiro bya Perezida w’u Burusiya byahise bisubiza iyo mvugo ya Zelensky, maze Umuvugizi wabyo, Dmitry Peskov agira ati “Biragaragara ko amarangamutima yamurenze. Kwigenzura byamunaniye none yatangiye kumera nk’inka yica.”

Peskov kandi yanenze Zelensky ko aherutse gutuka na Minisitiri w’Intebe wa Hongrie wari wagaragaje ubushake bwo kunga ibyo bihugu biri mu ntambara.

Perezida w’u Burusiya Vladimir Putin yakinnye ku mubyimba abo muri Ukraine ababwira ko intwaro zabo ziciriritse.

  • Related Posts

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Urwego rw’Igihugu rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko inyubako yarwo yari imaze imyaka mike itashywe, igiye gufungwa by’agateganyo guhera kuri uyu wa Kabiri tariki 05 Gicurasi 2026, kubera imirimo yo kuyivugurura. Biratuma…

    Read more

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Umutwe wa AFC-M23 urwanira mu burasirazuba bwa Congo, uvuga ko ijoro ryakeye ku wa 02 Gicurasi 2026 ritari risanzwe nyuma y’aho igisirikare cya Congo(FARDC) n’abo bafatanyije ngo bagabye ibitero by’ubugome…

    Read more

    Ntibigucike

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Kongera ibinyabiziga by’amashanyarazi bijyane no kongera sitasiyo zibisharija-PSF

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Umuvugizi w’Itorero Inkurunziza yinubiwe n’Abanyetorero ‘kuko atatowe’

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Burundi: Minisitiri w’Itumanaho yasanzwe yapfiriye mu murima w’ibiti by’amamesa

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge

    Mu bafashwe mu cyumweru cy’icyunamo cy’uyu mwaka harimo Umuyobozi w’Umurenge