Abantu batewe akanyamuneza n’ igabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole

RUGIGANA Evariste Umuyobozi mukuru wa RURA 

Mu izina ry’umuyobozi mukuru warwo RUGIGANA Evariste, Urwego rw’Igihugu rushinzwe kugenzura Imikorere y’inzego zimwe z’imirimo Ifitiye Igihugu Akamaro(RURA) rwasohoye itangazo rimenyesha abaturarwanda bose ko mu gihe cy’amezi abiri ari imbere, uhereye kuri uyu wa kabiri taliki ya 08 Ukwakira 2024 saa moya z’umugoroba(19h00′) ibiciro by’ibikomoka kuri peterole byavuguruwe bigabanuka mu buryo bukurikira:

Igiciro cya lisansi ni 1,574frw kuri litiro kivuye kuri 1,629frw kuri litiro. Naho Igiciro cya mazutu ni 1,576frw kuri ltiro kivuye kuri 1,652frw kuri litiro.

Iri tangazo ryacishijwe ku rukuta rw’ urwo rwego ku rubuga X, ryagaragaje ko ahanini iri gabanuka ryashingiye ku ihandagurika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole biri ku isoko mpuzamahanga.

Itangazo rya RURA rigaragaza ibiciro bishya by’ibikomoka kuri peterole mu Rwanda

Abantu benshi bakimara gusoma iri tangazo batanze ibitekerezo byabo bagaragaza ko bishimiye iri gabanuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole, ndetse bamwe basaba ko n’ibiciro by’ingendo ku binyaniziga bitwara abantu mu buryo bwa rusange byagabanuka.

Ibiciro by’ibikomoka kuri peterole byari bisanzweho

Ihindika ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterole rivuze ikintu kinini mu mibereho ya muntu ku isi, kuko rifite uruhare runini mu izamuka cyangwa imanuka ry’ibiciro by’ibindi bicurizwa byose abantu bakenera mu buzima busanzwe bwa buri munsi.

By Julien B 

  • Related Posts

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Iteganyagihe ryatangajwe n’ikigo mpuzamahanga ICPAC ku bufatanye n’Umuryango w’ibihugu bigize icyogogo cy’uruzi rwa Nili ‘Nile Basin Initiative(NBI)’,  rigaragaza ko muri iyi mpeshyi hazabaho kugabanuka gukomeye kw’amazi y’imigezi n’ibiyaga, bikazagira ingaruka ku…

    Read more

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Urwego rw’u Rwanda rushinzwe Iterambere(RDB) rwatangaje ko Abanyamahanga bavuye muri Congo cyangwa abanyuzeyo mu gihe kitararenga iminsi 30 bakumiriwe kwinjira mu Rwanda, mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Ebola kimaze…

    Read more

    Ntibigucike

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Amazi agiye kubura muri iyi mpeshyi-Iteganyagihe

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Ubucuruzi muri Congo burakorwa bute muri iki gihe cya ebola?

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Afurika ntigomba gutegereza abibwira ko bafite isi n’ijuru mu biganza byabo-Perezida Kagame

    Aimable Karasira yapfuye

    Aimable Karasira yapfuye

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    RDB igiye kwimuka kugira ngo inyubako yayo ivugururwe

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye

    Leta ya Congo irashinjwa kugaba ibitero bidasanzwe ku baturage mu ijoro ryakeye