Amakuru akomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye avuga ko Ingabo z’umutwe wa AFC/M23 na Twirwaneho zirimo kwivana ku bushake mu bice bitandukanye by’intara za Kivu ya Ruguru n’iy’Epfo kuva mu mpera z’iki Cyumweru gishize.
Kuri iki Cyumweru abasirikare benshi ba AFC/M23 bagaragaye bivana mu duce twa Ngungu, Lumbishi, Ruzirantaka, Kamatale, Bitagata na Kabingo muri Kivu ya Ruguru. Utwo duce tukaba ndetse ngo twamaze kugeramo Ingabo za Leta(FARDC).
Muri Kivu y’Epfo na ho Ingabo za AFC/M23 ngo zavuye henshi mu kibaya cya Rusizi mu mijyi ya SANGE, LUVUNGE na KAMANYOLA, n’ubwo bitaremezwa n’ubuyobozi bw’uyu mutwe cyangwa uruhande rwa Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo.
Gusa umutwe wa AFC/M23 ukomeje kwamagana ibitero uvuga ko “byibasiye abasivile bikozwe n’Ingabo za Leta(FARDC) hamwe n’abo bafatanyije barimo Wazalendo, FDLR n’Ingabo z’u Burundi(FNDB)”.
Ahaheruka kwibasirwa n’ibi bitero by’indege zitagira abadereva(Drones) hamwe n’izitwa Sukhoi akaba ari mu duce twa Mpety na Mindjendje muri Walikale kuri iki Cyumweru tariki 25 Mutarama 2026.
Ku wa Gatanu w’icyumweru gishize Leta ya Kinshasa yatangaje gahunda y’uburyo izagarura ubuyobozi n’imitegekere mu bice bifitwe na AFC/M23.







