I Rugende rwa Nyakaliro abanywaga urwagwa baruvuyeho baba abacuzi(video)

Urugomo rwaterwaga no kunywa inzoga zitujuje ubuziranenge i Rugende rwa Nyakaliro mu karere ka Rwamagana ubu rwabaye amateka, nyuma y’uko utubari dukuweho, urubyiruko rwabyukiraga mu businzi ruhagurukira gukora imyuga irimo ubucuzi bw’imbabura zirondereza ibicanwa.

Uwitwa Karemera Damascène w’imyaka 45 y’amavuko, yavukiye i Nyakaliro arahakurira, ubu ni bwo atangiye kujya akora yizigamira kugira ngo ateze imbere urugo rwe, nyuma y’uko i Rugende hatakiboneka urwagwa n’izindi nzoga zitemewe.

Agira ati “Nta nzoga zikiba hano hasigaye izihenze cyane, ubu se wakwigondera primus ya 1600Frw! Ariko ni byiza kuba nta rugomo tukibona hano i Rugende nko mu myaka yashize, urwagwa, kanyanga na twa tuyoga dupfundikiye byicaga abantu bigatuma batajya mu kazi.”

Karemera avuga ko kugeza ubu afite amatsinda abiri azigamamo amafaranga azamufasha gutunga urugo rwe, ubu akaba afite umwana wiga mu mashuri yisumbuye ugenda ku igare yamuguriye kandi akagira n’amatungo magufi mu rugo iwe, ndetse akaba akomeje umwuga w’ubukanishi.

Hafi y’aho Karemera akorera hari agakiriro kashinzwe n’umuturage w’i Rugende wiyemeje guteza imbere urubyiruko rwaho, akaba agura ibyuma akabibaha bakabicuramo imbabura zirondereza ibicanwa, akazigurisha ku baturage hirya no hino mu masoko y’i Kigali n’i Rwamagana.

Ntawangwanabose Augustin ukuriye urwo rubyiruko avuga ko imbabura imwe ikorwa ku mafaranga igihumbi kandi buri muntu akaba ataha akoze imbabura 7 ku munsi, amafaranga yemeza ko atari make ku musore wari utunzwe no kunywera ibikomoka ku bujura.

Ntawangwanabose agira ati “Aka gakiriro kahaye akazi abantu bagera kuri 80”, akaba afite ucyifuzo cy’uko umuturage wese ubishoboye yakunganira Leta mu guhangira urubyiruko imirimo nk’uko umukoresha we w’i Rugende yabigenje.

Uretse ubucuzi, ubunyonzi, ubukanishi no kubumba amavaze birimo gutezwa imbere n’urubyiruko rw’i Rugende, hanakorewa ubuhinzi bushobora kubera urugero rwiza abifuza guteza imbere uwo mwuga.

Igihembwe cya 4 cy’umwaka ushize wa 2025 kirangiye urugero rw’ubushomeri mu rubyiruko ruri kuri 14.1 % by’urubyiruko rwose mu Rwanda nk’uko byatangajwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR).

Gusa, hari benshi NISR idashyira muri iki cyiciro kuko ngo nta muhate wo gushaka akazi baba bagaragaje.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”