Perezida w’u Bufaransa yijeje ubufasha uwa Congo Kinshasa

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, yakiriye mugenzi we
wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(RD Congo), Félix Antoine Tshisekedi, kuri uyu wa 23 Mutarama 2026, amwizeza ubufasha bwose mu gushakira amahoro uburasirazuba bwa Congo.

Perezida Tshisekedi yavuye mu nama mpuzamahanga ngarukamwaka yiga ku bukungu i Davos mu Busuwisi ahitira i Paris mu Bufaransa, aho yari yatumiwe na Perezida Emmanuel Macron.

Macron akimara kwakira Tshisekedi mu ngoro ya Perezida w’u Bufaransa yitwa Palais de l’Élysée, baganiriye ku kibazo cy’umutekano mucye mu burasirazuba bwa Congo, nk’uko impande zombi zabitangaje.

Macron yagize ati “Nishimiye kwakira Perezida Félix Tshisekedi i Paris, nongeye kumwizeza ubufasha bwose bw’u Bufaransa mu bijyanye n’ubusugire no kutavogerwa kw’imipaka ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, ndetse n’umuhate wo guhagarika intambara mu burasirazuba bw’icyo gihugu mu buryo bufatika kandi bugaragara.”

Yakomeje agira ati “Twiyemeje gutanga ibisubizo abaturage bakeneye.”

Ibiro bya Perezida wa Congo, byavuze ko uretse ubufatanye mu kugarukana amahoro mu burasirazuba bwa Congo, Macron na Tshisekedi baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi.

Mu kwezi k’Ukwakira(10) k’umwaka ushize u Bufaransa bwateguye inama ku kibazo cy’ingaruka z’intambara ku baturage bo mu burasirazuba bwa Congo, aho Macron yasabaga ko ikibuga cy’indege cya Goma cyafungurwa, ariko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, akavuga ko ibi byagombye gusabwa abagenzura icyo kibuga, ari bo AFC/M23.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka