U Burusiya burifuza guhuza u Rwanda na Congo kuko ‘intambara itazarangira vuba’

U Burusiya bwatangaje ko bwiteguye gutanga umusanzu wo kumvikanisha Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(DRC) n’u Rwanda mu gihe bwabisabwa, kuko bubona ko intambara idateze kurangira vuba.

Mu kiganiro yahaye Itangazamakuru kuri uyu wa Kabiri tariki 20 Mutarama 2026, Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burusiya, Sergei Lavrov, yavuze ko igihugu cye cyiteguye guhuza impande zihanganye mu burasirazuba bwa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo ako gace kagarukemo amahoro.

Lavrov avuga ko n’ubwo habayeho ibiganiro by’amahoro mu mirwa mikuru y’ibihugu bitandukanye guhera i Nairobi muri Kenya, i Luanda muri Angola, i Doha muri Qatar ndetse n’i Washington muri Amerika, izi ngufu zose ngo ntacyo zizageraho vuba kubera ibibazo bisanzweho bitigeze bibonerwa ibisubizo.

BBC yanditse iyi nkuru kuri Lavrov ugira ati “Dusanzwe dufitanye umubano mwiza na Congo ndetse n’u Rwanda, kandi turifuza kubona amakimbirane hagati y’ibihugu byombi arangira, ariko mvugishije ukuri, ibijyanye n’uko iyi ntambara yaba irimo kurangira vuba aha, nta birimo. Mu gihe twasabwa kuba umuhuza, ntawe tuzahakanira”.

Muri icyo kiganiro n’abanyamakuru, Lavrov yabajijwe impamvu abona kugeza ubu intambara ihanganishije Umutwe wa M23 na Leta ya Congo itarangira burundu, nyamara amasezerano y’amahoro aheruka gushyirwaho umukono i Washington hagati ya Perezida Félix Tshisekedi wa DR Congo na Perezida Paul Kagame w’u Rwanda.

Lavrov yasubije agira ati “Ku bijyanye n’umuhate wa Donald Trump wavuze ko intambara muri Congo iri mu zigera ku munani ku isi amaze kurangiza, ariko wibuke ko yaje kwisubira akavuga ko iyi ntambara yongeye kwaduka.”

Mu bivugwaho gukomeza intambara mu burasirazuba bwa Congo hari ugushinjanya hagati y’icyo gihugu n’u Rwanda, aho Leta ya Kinshasa ivuga ko rutera inkunga umutwe wa M23, u Rwanda na rwo rukavuga ko Congo icumbikiye kandi ifasha umutwe wa FDLR ‘ugamije kuruhungabanyiriza umutekano.’

Lavrov avuga ko n’ubwo AFC/M23 itemewe n’amategeko, ariko ngo ni abarwanyi bafite imbaraga ku buryo kubanesha atari ibya vuba aha, akaba ari ho ahera avuga ko mu gihe u Burusiya bwasabwa umusanzu wo kugarukana amahoro, bwatangira kureba icyakorwa.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”