Uzatanga 5,000Frw uvurwe neza-RSSB

Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) ruvuga ko 75% ari abazatanga Mituelle itarenga 5,000Frw, bikazafasha Leta kongera ibikorwa by’ubuvuzi byishingirwa na Mituweli ndetse no kunoza serivisi z’ubuvuzi zihabwa abafite ubu bwisungane mu kwivuza.

Regis Rugemanshuro, Umuyobozi Mukuru wa RSSB

RSSB n’inzego bafatanya bavuga ko ibiciro bya Mituelle byazamutse kugira ngo habeho guha abaturage serivisi z’ubuvuzi zitajyaga zishingirwa n’abafite ubu bwisungane mu kwivuza.

Muri izo serivisi batahabwaga harimo gusimbura impyiko, kuyungurura amaraso, kubaga ubwonko, kuvura umutima, gusuzuma no kuvura kanseri, kubaga amagufa hamwe no gutanga ibikoresho byunganira abafite ubumuga ndetse n’izindi ndwara zifashisha ikoranabuhanga rigezweho.

Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) hamwe na RSSB bavuga ko bitewe n’uko uyu musanzu wa Mituelle wiyongereye, batangije uburyo bushya bwo kwishyura mbere ibigo nderabuzima amafaranga yifashishwa kuri serivisi zihabwa abaturage.

Ibi bikaba bitandukanye n’uko byakorwaga mbere, aho amavuriro ngo yishyurwaga nyuma yo gutanga serivisi, rimwe na rimwe bigatinda, bikaviramo abarwayi gukererwa kuvurwa.

Kuzamura ibiciro bya Mituelle kandi ngo bigamije kongera ireme rya serivisi z’ubuvuzi zihabwa abaturage, gufasha
amavuriro mu igenamigambi, ndetse no guharanira ko amavuriro ahorana imiti n’ibindi bikoresho by’ingenzi.

Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana

Guverinoma yashyizeho ibyiciro bitanu by’imisanzu, bishingiye ku mikoro ya buri
rugo nk’uko sisitemu y’imibereho mu Rwanda ibigaragaza.

Icyiciro cya mbere ni abishyurirwa amafaranga 4,000 nta cyo bo bazasabwa, icyiciro cya kabiri ni abazishyura 4,000 Leta ikabongereraho amafaranga 1000, icyiciro cya gatatu akaba ari abaziyishyurira amafaranga 5,000,
icyiciro cya kane akaba ari abaziyishyurira amafaranga 8,000, hanyuma hakaza icyiciro cya 5 cy’abaziyishyurira amafaranga 20,000 buri muntu.

RSSB ivuga ko umubare munini
w’abanyamuryango(hejuru ya 90%) bari mu byiciro bizatanga umusanzu uri hagati ya FRW 4000 na FRW 8000Frw.

RSSB iributsa abaturage kugenzura amakuru y’ingo zabo kugira ngo
bamenye icyiciro babarizwamo.

RSSB ivuga ko umuntu ukeneye amakuru arambuye yakanda *195# akagera kuri sisitemu y’imibereho, cyangwa amakuru y’ubwisungane mu kwivuza agakanda *876#, ubundi akamenya imiterere y’ibyiciro bishya bijyanye n’imisanzu y’ubwisungane mu
kwivuza.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka