REG ikomeje iperereza ku cyateye ibura ry’umuriro kuri uyu wa Kabiri

Urwego rushinzwe Ingufu mu Rwanda, REG, rurasaba Abaturarwanda kwihanganira ikibazo cy’ibura ry’umuriro gikomeje kugaragara muri iyi minsi, ariko rukizeza ko kizabonerwa igisubizo ubwo ibyavuye mu iperereza bizaba bimaze kugaragara.

REG itangaje ibi nyuma y’uko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Gashyantare 2026, hirya no hino mu Gihugu habaye ikibazo cy’ibura ry’umuriro cyamaze isaha irenga.

Geoffrey Zawadi, Umuvugizi wa REG, yaganiriye na KIGALIINFO ku murongo wa telefone agira ati “Turisegura ku bakiriya bacu n’ubwo REG ntacyo idakora mu bushobozi buhari uyu munsi kugira ngo Abanyarwanda babone umuriro udacikagurika, hari byinshi biba byakozwe ndetse na byinshi bikirimo gukorwa kugira ngo ibyo bibazo bikemuke.”

Zawadi asaba Abaturarwanda muri rusange kwihangana bakumva ko ibura ry’umuriro ari ikintu gishoboka, gihoraho kandi ko nta burangare buba bwabayeho, bikaba ngo biterwa n’ikibazo cyabayeho mu nzira uwo muriro unyuramo, cyangwa aho uturuka ku ruganda ruwutanga, cyangwa ku ikibazo cy’agace runaka.”

“Hari ibintu byinshi bishobora gutuma umuriro ubura, ni yo mpamvu tugira abatekinisiye bakora amasaha 24/24, icyaraye kibaye mu ijoro ryakeye ku mugoroba turacyarimo kugikorera iperereza kugira ngo tumenye umuzi wacyo w’aho cyaturutse,”nk’uko Zawadi yakomeje abisobanura.

Zawadi avuga ko atakwemeza cyangwa ngo ahakane niba ikibazo cyarahereye ku ngomero z’amashanyarazi u Rwanda rusangiye n’ibindi bihugu, nk’uko ari ho cyagaragaye ubushize.

Avuga ko n’ubwo bafata ingamba zingana iki kubura k’umuriro w’amashanyarazi ari ibintu bisanzwe, akaba agira inama abafite ibikorwa byakwangirika kujya bashaka ubundi buryo nko gukoresha imirasire y’izuba cyangwa imoteri zitanga amashanyarazi. Mu rugo na ho abantu bakaba bashobora gutunga ibikoresho bisharijwa bikabika umuriro kugira ngo nihavuka ikibazo bataba mu kizima.

Ibura ry’umuriro w’amashanyarazi mu Rwanda ryatangiye kwigaragaza cyane kuva mu mpera z’umwaka ushize wa 2025, aho kuri uyu wa Kabiri yari inshuro ya gatatu ikibazo kibayeho kikamara isaha irenga.

  • Related Posts

    Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

    Abatunganya imiturire mu Mujyi wa Kigali bamuritse site nshya i Kanyinya muri Nyarugenge ahitwa Rwakivumu II (hejuru ku musozi wa Shyorongi) nk’agace bamwe batazi nyamara ari hafi y’Umujyi, hakaba hitaruye…

    Read more

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    REG ikomeje iperereza ku cyateye ibura ry’umuriro kuri uyu wa Kabiri

    REG ikomeje iperereza ku cyateye ibura ry’umuriro kuri uyu wa Kabiri

    Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

    Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo