Ihene zitwa Shami zaba igisubizo ku guhangana n’amapfa n’imirire mibi

Ihene zitwa Shami cyangwa ihene y’i Damasiko (Damascus goat) zororerwa mu bice by’isi bishyuha cyane aho bagira izuba ryinshi, zaba igisubizo ku baturage bibasirwa n’amapfa kuko zihanganira imihindagurikire y’ibihe, zikororoka cyane ndetse zigatanga umukamo mwinshi(litiro 3-5 ku munsi.

Ni ihene zikomoka mu Burasirazuba bwo Hagati cyane cyane mu karere k’igihugu cya Siriya gifite umurwa mukuru witwa Damasiko hamwe no muri Libani, zikaba zirangwa no kugira umutwe munini n’amatwi maremare cyane amanuka agana hasi, zikagira icebe n’amabere manini, ariko zikagira umubyimba muto w’itungo ridakenera kurya byinshi.

Zirya ibishishwa by’amafunguro agiye gutekwa cyangwa ibisigazwa y’imyaka yasaruwe mu mirima ndetse n’amababi y’ibiti bikurira ahantu hashyuha kandi hibasirwa n’amapfa.

Urubuga Agrinews24 hamwe n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Biribwa n’Ubuhinzi FAO, bashimira izi hene kuba zirya bike kandi byoroshye kuboneka mu baturage b’amikoro make, ariko zigatanga amata menshi kandi akungahaye ku ntungamubiri zirwanya imirire mibi.

Ni ihene zikura vuba kuko nyuma y’amezi 6-8 iba igeze igihe cyo kwima kandi yabyara akenshi ikabyara abana(abagazi) barenze umwe.

Zishoboye guhangana n’ubushyuhe bwinshi ndetse n’imihindagurikire y’ibihe, bitewe n’uko amatwi yazo afite uburebure bukabije ayifasha gukonjesha amaraso avuye hirya no hino mu mubiri mu gihe cy’ubushyuhe bwinshi, agasubira mu mubiri yamaze guhora.

Ubu bwoko bw’ihene ntabwo bushobora kwihanganira ahantu hakonje kuko amatwi yazo nk’urugingo ruyifasha gukonjesha umubiri, iyo ahuye n’ubukonje bwinshi atangira gukomereka bikayiviramo uburwayi.

Aya matwi kandi uretse kuyifasha kuba ahantu hashyushye, ni itungo ryumva cyane amajwi y’ibintu biri kure, ikamenya niba hari inyamaswa cyangwa abantu bari hafi aho bashobora kuyigirira nabi igatanga imbuzi, ndetse ikabasha kumenya impinduka z’ikirere kuko yumvira kure urusaku rw’imiyaga n’ibindi.

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”