Ubushinjacyaha bwareze umushumba w’inka ufite imyaka 23 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho bumushinja gukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa(cyo gusambanya inka yaragiraga).
Icyaha uwo mushumba w’inka akurikiranyweho cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025, mu Kagari ka Muyange, Umurenge wa Kagarama, mu Karere ka Kicukiro. Uregwa akaba yarahengeraga bwije akurira ikiraro agasambanya inka. Yaje gufatirwa mu cyuho na shebuja wari uje kumureba.
BTN dukesha iyi nkuru ivuga ko uwo mushumba w’inka uregwa yemera icyaha akurikiranyweho, agasobanura ko yabitewe n’uko yari yanyweye imiti yongera akanyabugabo.
Icyaha cyo gukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa giteganywa n’Ingingo ya 142 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Iyi ngingo ivuga ko umuntu wese ukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka umwe (1).







