Kicukiro: Umushumba akurikiranyweho gusambanya inka yaragiraga

Ubushinjacyaha bwareze umushumba w’inka ufite imyaka 23 mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, aho bumushinja gukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa(cyo gusambanya inka yaragiraga).

Icyaha uwo mushumba w’inka akurikiranyweho cyakozwe ku itariki ya 31 Ukuboza 2025, mu Kagari ka Muyange, Umurenge wa Kagarama, mu Karere ka Kicukiro. Uregwa akaba yarahengeraga bwije akurira ikiraro agasambanya inka. Yaje gufatirwa mu cyuho na shebuja wari uje kumureba.

BTN dukesha iyi nkuru ivuga ko uwo mushumba w’inka uregwa yemera icyaha akurikiranyweho, agasobanura ko yabitewe n’uko yari yanyweye imiti yongera akanyabugabo.

Icyaha cyo gukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa giteganywa n’Ingingo ya 142 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyi ngingo ivuga ko umuntu wese ukora igikorwa gishingiye ku gitsina ku nyamaswa, aba akoze icyaha. Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’amezi atandatu (6) ariko kitarenze umwaka umwe (1).

  • Related Posts

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

    Read more

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

    Read more

    Ntibigucike

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

    Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”