Itangazo rigenewe Abanyamakuru ryashyizweho umukono na Padiri Mukuru wa Paruwasi Gatolika ya Busogo, rivuga ko hari igisa n’amabonekerwa yabereye i Musanze ku wa Gatanu w’iki Cyumweru gishize ariko akaba ataremezwa na Kiliziya.
Iryo tangazo rivuga ko nyuma y’inkuru yasakaye kuva kuri uyu wa gatanu tariki 16 Mutarama 2026, ko ku ishuri rya G.S
Rwinzovu habaye ibisa n’amabonekerwa,
Padiri mukuru wa Paroisse ya Busogo yibukije abakristu bose ko Ukwemera kwa Kiliziya gushingiye ku byanditswe Bitagatifu, Inyigisho z’Ububyobozi bwa Kiliziya hamwe n’Uruhererekane rwa Kiliziya.
Iryo tangazo rigira riti “Amabonekerwa yemerwa na Kiliziya amaze gusuzumanwa ubushishozi, hamaze kurebwa ubutumwa bw’ayo mabonekerwa, ababonekerwa niba
bafite ubuzima buzira umuze cyangwa ubwo mu mutwe ndetse no kureba
niba ubutumwa bwayatangiwemo bwaragize uruhare mu myitwarire
myiza y’abakristu.”
Padiri Mukuru wa Paruwasi ya Busogo akomeza asaba abantu gusengera ahantu hemewe kandi hafite umutekano
uhagije, kurangwa n’ubushishozi mu
kwemera kwabo birinda ibihuha no gutanga ubutumwa butera abantu urujijo
n’ubwoba.
Padiri Mukuru akomeza avuga ko ibindi bigomba guharirwa Kiliziya “nk’Umubyeyi utureberera kandi udufasha ‘gushungura no kumenya ibiri muri ayo mabonekerwa bigamije umuhamagaro nyakuri Kristu agenera Kiliziya, cyangwa uw’abatagatifujwe be’ (Gatigisimu ya Kiliziya, n. 67)”.







