U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare barwo b’inzobere mu bwubatsi (military engineers), bakaba bagiye gufasha icyo gihugu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa, mu mpera z’umwaka ushize.
Izi Ngabo (zitahise zitangazwa umubare) zoherejwe mu kirwa cya Jamaica cyo muri Careabeans (Caraïbes) hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, agamije gutanga ubufasha mu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza.
Ubuyobozi bwa RDF bwatangaje ko mbere y’uko aba basirikare bahaguruka ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali berekeza muri Jamaica, bahawe impanuro na Brigadier General Faustin Tinka, Umuyobozi wa Diviziyo ishinzwe gukoresha imodoka z’intambara mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yabibukije ko bagomba gukoresha ubumenyi, ubunyamwuga n’ubuhanga bafite, kugira ngo barangize neza ubutumwa bahawe n’ubuyobozi bwa RDF.
Yabasabye gukora ku buryo abaturage bazahabwa ubu bufasha bazishimira umusanzu wabo, kandi bagaharanira kurangwa n’indangagaciro za RDF zirimo ikinyabupfura nk’ishingiro ry’imikorere y’Ingabo z’u Rwanda.
Brig Gen Tinka yagize ati “Ni izi ndangagaciro zatumye muhabwa ubu butumwa.” Yabibukije ko igihe cyose baba bakwiye kurushaho kurangwa n’indangagaciro za RDF.
Inkubi y’Umuyaga(Hurricane) yiswe Melissa yibasiye ibirwa bya Karayibe mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2025, by’umwihariko muri Jamaica ikaba yarahitanye abantu barenga 45, abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi 600 bagirwaho ingaruka zo gukomereka no kwangirizwa imitungo irimo inzu, amatungo, imyaka n’ibikorwaremezo bitandukanye.








