U Rwanda rwohereje abasirikare muri Jamaica

U Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare barwo b’inzobere mu bwubatsi (military engineers), bakaba bagiye gufasha icyo gihugu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza by’inkubi y’umuyaga yiswe Melissa, mu mpera z’umwaka ushize.

Izi Ngabo (zitahise zitangazwa umubare) zoherejwe mu kirwa cya Jamaica cyo muri Careabeans (Caraïbes) hashingiwe ku masezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi, agamije gutanga ubufasha mu gusana ibikorwa remezo byangijwe n’ibiza.

Ubuyobozi bwa RDF bwatangaje ko mbere y’uko aba basirikare bahaguruka ku Kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali berekeza muri Jamaica, bahawe impanuro na Brigadier General Faustin Tinka, Umuyobozi wa Diviziyo ishinzwe gukoresha imodoka z’intambara mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yabibukije ko bagomba gukoresha ubumenyi, ubunyamwuga n’ubuhanga bafite, kugira ngo barangize neza ubutumwa bahawe n’ubuyobozi bwa RDF.

Yabasabye gukora ku buryo abaturage bazahabwa ubu bufasha bazishimira umusanzu wabo, kandi bagaharanira kurangwa n’indangagaciro za RDF zirimo ikinyabupfura nk’ishingiro ry’imikorere y’Ingabo z’u Rwanda.

Brig Gen Tinka yagize ati “Ni izi ndangagaciro zatumye muhabwa ubu butumwa.” Yabibukije ko igihe cyose baba bakwiye kurushaho kurangwa n’indangagaciro za RDF.

Inkubi y’Umuyaga(Hurricane) yiswe Melissa yibasiye ibirwa bya Karayibe mu mpera z’ukwezi k’Ukwakira 2025, by’umwihariko muri Jamaica ikaba yarahitanye abantu barenga 45, abarenga miliyoni imwe n’ibihumbi 600 bagirwaho ingaruka zo gukomereka no kwangirizwa imitungo irimo inzu, amatungo, imyaka n’ibikorwaremezo bitandukanye.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka