Mu gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Mutarama 2026 (kuva taliki ya 11 kugeza taliki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura iri hagati ya milimetero 20 na 150, ikaba iri hejuru y’ikigero cy’impuzandengo y’isanzwe igwa mu mezi ya Mutarama.
Imvura isanzwe igwa muri iki gice cya kabiri cy’ukwezi kwa Mutarama iba iri hagati ya milimetero 10 na 95. Iminsi izagwamo imvura izaba iri hagati y’iminsi itatu (3) n’itanu (5) bitewe n’imiterere ya buri hantu.
Imvura ibarirwa hagati ya millimetero 110 na millimetero 150 ni yo nyinshi cyane iteganyijwe mu Ntara y’Iburengerazuba uretse mu burasirazuba bw’Uturere twa Ngororero na Nyabihu.
Iyi mvura iteganyijwe kandi mu Turere twa Nyamagabe na Nyaruguru, amajyepfo y’Akarere ka Gisagara, uburengerazuba bw’Uturere twa Huye, Nyanza na Ruhango, uburengerazuba n’amajyaruguru by’Akarere ka Musanze ndetse n’amajyaruguru y’Uturere twa Burera, Gicumbi na Nyagatare.
Ahasigaye mu Gihugu hateganyijwe imvura iri hejuru gato y’isanzwe igwa muri iki gice.
Imvura iteganyijwe izaturuka ku isangano ry’imiyaga riherereye mu gice cy’amajyepfo cy’Isi rizamuka rigana mu karere u Rwanda ruherereyemo ndetse no ku miterere y’ahantu (local effects).
Ubushyuhe bwo hejuru buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 21 na 29, naho ubushyuhe bwo hasi buteganyijwe buri hagati ya dogere Selisiyusi 9 na 18.
Umuyaga uringaniye ushyira kuba mwinshi ufite umuvuduko uri hagati ya metero 6 na 12 ku isegonda, uteganyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu.







