Karongi: Abagura n’abagurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje bazabihanirwa

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi bwabujije abantu kugura no kugurisha ibigori bibisi cyangwa byokeje, kugira ngo burengere abahinzi bamariraga umusaruro w’ibigori mu murima bitarera.

Itangazo Ubuyobozi bw’uwo Murenge bwasohoye kuri uyu wa Mbere tariki 05 Mutarama 2025, rigira riti “Mu rwego rwo gukumira igikorwa cyo gucuruza ibigori biteze no kubyotsa ku mbarura hagamijwe ubucuruzi butuma abahinzi bahendwa n’abamamyi, bigateza n’ubukene mu miryango, ubuyobozi bw’umurenge wa Rubengera buramenyesha abaturage bose ko nta wemerewe kugurisha, kugura no gucuruza ibigori bibisi.”

Ku mihanda yerekeza mu Karere ka Karongi n’ahandi mu tundi Turere usanga hari abantu bokereza ibigori abagenzi, ariko muri Rubengera ho “Uzafatwa agura, agurisha cyangwa yotsa ibigori bibisi ku mbarura agamije ubucuruzi azabihanirwa.”

Umusaruro w’ibigori n’ibishyimbo ni kimwe mu byo u Rwanda rukomeyeho kuko bibikwa igihe kirekire mu bigega by’Igihugu, bikazagoboka abantu bahuye n’amapfa cyangwa bari mu bindi bihe bikomeye.

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka