Leta zunze Ubumwe za Amerika(USA) zasabye abazihagarariye (abambasaderi n’abakozi bakuru ba za ambasade) bari mu bihugu 29 byo hirya no hino ku isi, birimo n’u Rwanda, kuva mu nshingano zabo bitarenze ukwezi gutaha kwa Mutarama 2025.
Guhamagaza abo bambasaderi ba USA byatewe n’uko bari barashyizweho na Perezida Joe Biden wasimbuwe na Trump kuva mu ntango z’uyu mwaka ugiye kurangira wa 2025.
Ibihugu byarimo abambasaderi ba USA bahamagajwe, duhereye ku bya Afurika, ni Burundi, Cameroun, Cap-Verde, Gabon, Côte d’Ivoire, Madagascar, Ibirwa bya Mauritius, Niger, Nigeria, Rwanda, Sénégal, Somalia, Uganda, Misiri na Algeria.
Ku mugabane wa Aziya ibihugu byahamagajwemo abambasaderi ba USA ni Fidji, Laos, Ibirwa bya Marshall, Papouasie-Nouvelle-Guinée, Philippines, Vietnam, Nepal na Sri Lanka.
Ibihugu by’i Burayi byavanywemo abahagarariye USA ni Arménia, Macedonia, Monténégro na Slovaquie, mu gihe ibyo ku mugabane wa Amerika (y’Epfo) ari Guatemala na Suriname.
Umuryango(Union) uhuza Abambasaderi ba USA hirya no hino ku isi uvuga ko icyizere abaturage b’icyo gihugu bajyaga bagirira Leta yabo gishobora kugabanuka, bitewe n’uko gutakaza imirimo hamwe n’izi mpinduka zitigeze zibaho mu mateka y’iki gihugu.
Leta ya Donald Trump ikomeje n’amavugurura yo kugabanya amafaranga itanga ku bihugu bitandukanye, mu rwego rwo kwirinda gusesagura ahubwo ikita ku benegihugu by’umwihariko, aho yahereye ku guhagarika gahunda z’Ikigega cya Amerika gishinzwe Iterambere(USAID) mu ntango z’uyu mwaka, ndetse ikaba yaratangiye gucutsa ibihugu by’i Burayi ku bijyanye n’inkunga ya gisirikare byahabwaga.
Ibi byose Leta ya USA ikaba yabikubiye mu ntero igira iti “Americans First”, bivuze ngo ‘Abanyamerika ku isonga’ mu bagomba kubanza kwitabwaho.







