Abagenzi amagana baheze ku kibuga k’indege Jomo Kenyatta (JKIA) kubera imyigaragambyo y’abakozi

Abashinzwe umutekano barimo guturisha abigaragambya

Imirimo ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya mu murwa mukuru Nairobi isa n’iyahagaze kubera imyigaragambyo y’abakora kuri iki kibuga barimo kwamagana ko leta igiye kugikodesha na kompanyi yo mu Buhinde.

Amakuru dukesha BBC avuga yuko “amagana y’abagenzi baheze kuri iki kibuga cy’indege kitwa Jomo Kenyatta International Airport (JKIA) gifatwa nk’isangano rikuru ry’ingendo z’indege muri aka karere.

Perezida William Ruto wa Kenya yasobanuye ko leta itagiye kugurisha iki kibuga, ahubwo igiye kugikodesha n’abikorera kugira ngo bagiteze imbere.

Indege nyinshi zari kugenda zasubitse ingendo, abakozi bakira abagenzi bahageze n’abahaguruka mu bice bitandukanye by’iki kibuga bahagaritse gukora kuva saa sita z’ijoro ryacyeye.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu abakozi amagana b’iki kibuga cy’indege bagaragaye bigaragambya ku marembo makuru ya cyo, amashusho y’ibinyamakuru byo muri Kenya aberekana barwana na polisi yaje kubakoma imbere.

Kompanyi ya leta Kenya Airways, yasohoye itangazo ivuga ko kubera “ibikorwa bya bamwe mu bakozi ba JKIA” habayeho gukerererwa no gushobora guhagarika ingendo zimwe zayo zari ziteganyijwe “ku bagenzi bahaguruka n’abahagera.

 

Umwe mu bagenzi waheze kuri JKIA

Ihuriro ry’abakozi mu by’indege rya Kenya ryaburiye ko rizakora imyigaragambyo ihoraho nyuma y’uko leta yanze gutangaza amakuru yose agize amasezerano yo gukodesha iki kibuga cy’indege na kompanyi y’abahinde izwi nka Adani Group.

Amashusho agaragaza abakora kuri iki kibuga bahuriye hamwe ku wa kabiri nimugoroba bavuga ko guhera saa sita z’ijoro ryacyeye batagomba gukora kugira ngo “barengere ikibuga cy’indege cyacu”.

Uyu munsi abigaragambya bumvikanye bavuga ko batava kuri iki kibuga cy’indege kandi badasubira mu kazi ayo masezerano ya leta na Adani Group adahagaritswe.

Ihuriro ry’aba bakozi rivuga ko gukodesha iyo kompanyi yigenga iki kibuga imyaka 30 bivuze gutakaza imirimo kuri benshi muri bo.

Leta ivuga ko iki kibuga kitabyazwa umusaruro ukwiriye mu gihe kiri mu maboko yayo, bityo kugikodesha n’abikorera ari uburyo bwo kukibyaza umusaruro no kugiteza imbere.

Iyi myigaragambyo ibaye nyuma y’uko ku wa kabiri Urukiko Rukuru rwa Kenya ruhagaritse by’agateganyo ayo masezerano yo gukodesha iki kibuga.

Uru rukiko rwafashe iki cyemezo nyuma y’ikirego cyatanzwe n’Ihuriro ry’Abanyamategeko ba Kenya na Komisiyo y’Uburenganzira bwa Muntu ya Kenya bivuga ko nta ishingiro bifite gukodesha umutungo w’igihugu w’ingenzi ku bantu bikorera.

By Julien B

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi