U Rwanda rugiye kubaka ikimeze nka Silicon Valley yo muri USA

Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, yashyize ibuye ry’ifatizo ahazubakwa Umudugudu w’ikoranabuhanga wiswe ‘Kigali Innovation City’ mu cyanya cy’Inganda cya Kigali i Masoro mu Karere ka Gasabo, hagererwanywa na Silicon Valley yo muri Leta zunze Ubumwe za Amerika, muri California.

Ni umushinga munini uzatwara ingengo y’imari ingana na miliyari zirenga 2,500 z’amafaranga y’u Rwanda, kandi ukaba udasanzwe kuri uyu mugabane wa Afurika.

Abahanga mu bijyanye no guhanga udushya mu ikoranabuhanga ritandukanye, bazajya bahahurira bakore imishinga itanga ibisubizo ku batuye u Rwanda n’umugabane wa Afurika muri rusange.

Uyu mudugudu ugererwana na Silicon Valley yo muri Amerika, ahabarizwa ibigo bitegeka Isi mu bijyanye n’ikoranabuhanga nka Google, Meta(ifite Facebook), Microsoft n’ibindi.

Minisiteri y’u Rwanda ishinzwe Ikoranabuhanga na Inovasiyo yari isanzwe itegura iyubakwa ry’uyu mudugudu kuva mu myaka 10 ishize, ukaba uzashyirwa ku buso bungana na hegitari 61, aho abarenga 50,000 ngo bazahabona imirimo.

Abakozi bo muri iyi Minisiteri bavuga ko hari abanyeshuri 2,600 bagiye mu bihugu bitandukanye kwiga ibijyanye n’ikoranabuhanga, bakazaza kuba abakozi mu Mudugudu wa Kigali Innovation City.

Ikinyamakuru Taarifa cyanditse ko u Rwanda ruteganya kuzajya rwungukira miliyoni $150 mu mishinga ruzajya rufasha ibihugu kugeraho binyuze mu bizakorerwa muri uriya mudugudu.

 

 

  • Related Posts

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Imigano yatewe mu bibaya bya Nyabugogo, Nyaborongo n’Akanyaru mu myaka 15 ishize ubu yareze ku buryo hari nk’uwabyaye igitsinsi cy’imigano irenga 200, ikaba yatangiye kurambagizwa n’umushoramari uzayikoramo ibikoresho bitandukanye byo…

    Read more

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Ushobora kuzenguruka karitiye yose nka Niboye muri Kicukiro cyangwa Nyarutarama muri Gasabo, aho imiturire yaho igizwe n’ibipangu by’abantu udashobora gukomangira ngo ubasabe ubwiherero, bigatuma abahageze bihutira kuhava kugira ngo batahafatirwa…

    Read more

    Ntibigucike

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    RFA yabonye abashobora kubyaza umusaruro imigano yo kuri Nyabugogo na Nyabarongo

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Kigali-Barasaba ubwiherero kugira ngo bareke kwituma ku gasozi

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Mu myaka itatu u Rwanda ruzaba rwabonye umubare w’abaganga rusabwa na OMS

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Kayumba Nyamwasa n’abandi ku rutonde rw’abakora iterabwoba

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Dr Habineza na Nkubana batorewe kuba abasenateri

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi

    Hakenewe bisi iva i Mageragere, Downtown n’i Remera idahagaze- Umugenzi