Ese waha amafaranga ‘umukozi w’Imana’ akagusengera ugakira indwara/inyatsi?

Hari abantu bavuga ko bambuwe ibintu cyangwa amafaranga n’abitwa abakozi b’Imana, aho babasanga bakababwira ko bashobora kubafasha gukira indwara, ubumuga cyangwa inyatsi, nyamara baba babashutse nk’uko Bibiliya igaragaza ko umukozi w’Imana nyawe atatinyuka gufata amafaranga y’ibyakozwe n’Umwuka wayo.

Twifashishije ingero zimwe na zimwe zigaragara muri Bibiliya Yera (Ijambo ry’Imana), hari urugero ruboneka mu gitabo cyitwa Ibyakozwe n’Intumwa (ahandi bacyita Ibyakozwe n’Umwuka Wera), igice cya 8 guhera ku murongo wa 9.

Havuga inkuru y’Umukonikoni(umupfumu) wiyitaga Umukozi w’Imana, ndetse n’abantu benshi cyane ngo baramwemeraga, ariko Intumwa za Yesu ziza kubona ko ari ‘ikirura’, kuko yashakaga kuzuzwa imbaraga z’Umwuka Wera yajya akoresha mu kurambika ibiganza ku bantu no gukora ibitangaza imbere yabo, agamije kubona amafaranga(indamu).

Bibiliya igaragaza ko uwo mupfumu witwaga Simoni yakoreshaga imbaraga za Satani(n’ubwo benshi bari bazi ko ari iz’Imana nyakuri), aho yabwiraga abantu ko baza akabasengera bagakira indwara n’ibibazo bitandukanye.

Simoni yabonye abantu buzura Umwuka Wera kubera ko bari bamaze kwihana ibyaha no kwizera Yesu, we ajya kuwugura ku ntumwa kugira ngo ajye akora ibitangaza byinshi kurushaho, ni bwo Intumwa Petero yamubwiye iti “Pfana ifeza(amafaranga) yawe, aho ntiwagize ngo impano y’Imana iboneshwa ifeza!”

Pasiteri wo mu Itorero rya Pantekote waganiriye na Kigaliinfo, avuga ko ‘niba umuntu agiye ku wiyita umukozi w’Imana ngo amusengere, atagomba kumuha amafaranga n’ubwo yaba make cyane, kuko agakiza cyangwa ibitangaza by’Imana bitagurwa kandi bitagurishwa.”

Uyu mushumba avuga ko kuva igitambaro cyari gikingirije ahera mu rusengero cyaratabutsemo kabiri, ari ikimenyetso cy’uko umuntu wese ashobora kwigerera ku Mana(binyuze kuri Yesu Kristo), akareka ibyaha yakoraga, akizera Imana ikamukiza indwara cyangwa abadayimoni bamuteraga. Yaba ari indwara yo mu mubiri we agasenga ariko akajya no kwa muganga.

Ababishoboye kandi bifuza kumenya ko nta mukozi w’Imana ufata amaturo y’abafite ibibazo, bagirwa inama yo gusoma n’igitabo cya Kabiri cy’Abami, ibice 5, aho Umuhanuzi witwaga Elisa yanze kwakira amaturo yari azaniwe n’Umugaba w’Ingabo z’Abasiriya witwaga Nāmani, nyuma y’uko Elisa amufashije gukira ibibembe.

Nāmani yahendahenze Elisa, ariko yanga kwakira izo ndamu kugira ngo yirinde ko hagira abandi bakozi b’Imana bazamwigana, n’ubwo umugaragu wa Elisa witwaga Gehazi we yaje gukurikira Nāmani yanga kureka ayo maturo ngo asubire muri Siriya. Gehazi yahise afatwa na bya bibembe (ibyaha) Nāmani yari arwaye.

Mu gitabo cy’Umugenzi (Mukristo), igice cyacyo cyitwa Mwishakirindamu, havuga ko umuntu wese ufata amafaranga cyangwa andi maturo nyuma yo kwiyita Pasiteri cyangwa umukozi w’Imana, uwo aba ari umwuzukuru wa Gehazi(mu buryo bw’umwuka) cyangwa uwa Yuda Isikariyoti wafashe ibiguzi by’umwana w’Imana, ariko na mbere yaho yariyitaga Intumwa kugira ngo ajye arya amafaranga y’amaturo.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), Dr Thierry B Murangira, ari mu baburira abaturage ko batagomba gupfusha ubusa amafaranga yabo bajya kugura ubuhanuzi cyangwa serivisi zo gusengerwa n’abiyita abakozi b’Imana, kuko iyo myitwarire yabo ifatwa nk’ubwambuzi n’ubuhemu bukomeye (escroquerie).

Dr Murangira agira ati “Niba mwemera, niba musoma Bibiliya, nta muntu wishyuye ubuhanuzi, nta kiguzi kibaho! Biriharajwe, kuri TikTok ni ho basigaye bahanurira! Ujya kuri TikTok gato, agahita yerekwa akaguhanurira, (nawe) ukarekura (ifaranga), mbega ubupfayongo! Harimo ubupfayongo! Birakabije!”

Dr Murangira avuga ko igitiza umurindi aba bahanuzi we yita amabandi, ari uko abaturage babatega amatwi bakabaha umwanya wabo wo kumva ibyo bavuga, nyuma hakaho no kubwirwa ko ‘bakweretswe kandi bakuzi neza kuko baba babanje guperereza no kumenya amakuru yawe.’

  • Related Posts

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

    Read more

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

    Read more

    Leave a Reply

    Your email address will not be published. Required fields are marked *

    Ntibigucike

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

    Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka