Nyuma y’icyumweru cyose gishize intambara ica ibintu hagati ya Iran na Amerika ifatanyije na Israel, Iran yatangaje ko ihagaritse ibitero ku bihugu by’Abarabu, keretse ahazaturuka ibisasu mu birindiro bya Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Perezida wa Iran, Masoud Pezeshkian, yatangaje ko ibihugu biruhutse guterwamo misile za Iran ari Leta zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), Qatar, Bahreïn Arabie Saoudite n’ibindi, kugira ngo basigare bibanda kuri Israel gusa.
Abandika ku mbuga nkoranyambaga barimo uwitwa Camille Moscow bavuga ko ibi byemejwe n’ubutegetsi bw’inzibacyuho bwa Iran, n’ubwo hari drone y’icyo gihugu yazindutse iterwa ku kibuga cy’Indege cya Dubai muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, kuri uyu wa Gatandatu.
Indege z’ibihugu bitandukanye ku isi harimo n’iz’u Rwanda zimaze icyumweru cyose zihagaritse ingendo muri kariya gace k’Uburasirazuba bwo Hagati, bikavugwa ko zahuye n’igihombo kibarirwa muri za miliyoni amagana z’amadolari ya Amerika, kandi ntawe zirabona uzishyura icyo kiguzi.
Hagati aho Iran na Israel ifatanyije na Amerika bakomeje kohererezanya ibisasu bya misile mu bihugu byombi, aho bimaze gusenya ibikorwa remezo birimo inyubako za Leta, ibibuga by’indege, amato mu nyanja n’ibindi.
Ni intambara itangiye gufata indi ntera bitewe n’ibikoresho bidasanzwe birimo kwifashishwa, aho benshi bikanga ko mu gihe yaba itarangiye vuba hazabaho gukoresha intwaro kirimbuzi.







