Site ya Rwakivumu II i Nyarugenge yamurikiwe abifuza gutura ahatuje

Abatunganya imiturire mu Mujyi wa Kigali bamuritse site nshya i Kanyinya muri Nyarugenge ahitwa Rwakivumu II (hejuru ku musozi wa Shyorongi) nk’agace bamwe batazi nyamara ari hafi y’Umujyi, hakaba hitaruye urusaku, ndetse harangwa n’umwuka mwiza.

Iyi site y’imiturire ya Rwakivumu II (icyiciro cya II), iherereye mu Kagari ka Taba, mu Murenge wa Kanyinya, Akarere ka Nyarugenge, ku muhanda wa kaburimbo uva i Kigali ukanyura i Shyorongi ugana mu Majyaruguru.

Ubuyobozi bw’iyi Site y’imiturire buvuga ko kuba iri ku muhanda byoroshya ingendo, akaba ari amahirwe ku bakorera mu Mujyi wa Kigali, aho imodoka za Ecofleet zibavana i Nyabugogo ku mafaranga 350Frw, mu rugendo rumara iminota 15.

“Rwakivumu ifatwa nk’ahantu heza ho gutura ku bakorera cyangwa abiga mu Mujyi wa Kigali, bakaba batura hafi, hatuje kandi hatari urusaku”, nk’uko bisobanurwa n’Umuyobozi w’iyi site ya Rwakivumu II, Niyonzima Alphonse.

Avuga ko iyi site igizwe n’ibibanza 2,076, byateguwe hashingiwe ku igenamigambi ry’Igihugu kandi ikaba yujuje ibisabwa n’amategeko agenga imiturire mu Rwanda, bituma abahagura ibibanza bagira icyizere cy’umutekano waho n’iterambere rirambye.

Niyonzima avuga ko ibiciro by’ubutaka bwaho bihendutse ugereranyije n’ibyo mu Mujyi rwagati, aho umuntu agura ikibanza akarenzaho amafaranga 340,000Frw yo kwishyura ibikorwaremezo, agahabwa ibyangombwa byo kubaka mu gihe kitarenze ibyumweru 4.

Niyonzima avuga kandi ko ababyifuza bashobora kwishyura mu byiciro, bigatuma n’abafite ubushobozi buke bahabona amahirwe.

Yagize ati “Uguze ikibanza muri iyi site, wishyura amafaranga make ugereranyije n’andi ma site yo mu mujyi. Twashyizeho kandi uburyo bworohereza abantu kwishyura, cyane cyane urubyiruko n’imiryango iri gushaka gutangira ubuzima bushya.”

Ubuyobozi bw’iyi site buvuga ko kugura ikibanza muri Rwakivumu II – Taba ari igishoro cyo gukomeza gutunganya imihanda n’ibindi bikorwaremezo aho bitaragera, ndetse n’aho bimaze kugera hakaba hazazamura agaciro k’ubutaka mu gihe kiri imbere.

Abifuza ibisobanuro birambuye bavugana n’ubuyobozi bw’iyi site banyuze kuri Whatsapp 0788 758 102, cyangwa bagakurikirana amakuru atangwa ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye za Rwakivumu II – Taba.

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka