Hafi y’ikibuga cy’indege cya Bujumbura harimo kugeragerezwa imbunda

Igisirikare cy’u Burundi(FDNB) cyatangarije abaturiye Umujyi wa Bujumbura hafi y’inkambi ya Gatumba yitwa 111 ko harimo kugeragerezwa imbunda, kubera iyo mpamvu ngo abantu ntibagomba gukeka ko hari umutekano muke muri ako gace kegereye Umujyi wa Uvira muri DRC n’ikibuga cy’indege cya Bujumbura(i Gakumbu).

Umukuru w’Inkambi ya gisirikare ya 111(yo mu Gatumba), Lt Col Hatungimana Ernest, yatangarije abaturage ko hari imbunda zirimo kuziburwa (n’ubwo hari abavuga ko ari inshyashya zirimo kugeragezwa), abantu bagakeka ko ikibuga cy’indege cya Bujumbura cyatewe, aho kimaze igihe kitarimo gupfa kugwaho indege.

Lt Col Hatungimana avuga ko kuri uyu wa Mbere tariki 8 Nzeri 2025 na bwo hateganyijwe igikorwa cyo kuzibura imbunda, abantu bagasabwa kutaza gukuka umutima.

Amakuru akomeje gutangazwa ku mbuga nkoranyambaga ni uko ikibuga cy’indege cya Bujumbura giherutse kugwaho indege za rutura zaje zizanye intwaro karahabutaka, mu rwego rwo kwitegura ibitero byakwambuka bivuye hakurya muri Uvira, Umujyi wa kabiri w’intara ya Kivu y’Epfo bivugwa ko urimo gusatirwa na AFC/M23.

Related Posts

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko atumva uburyo abantu babiri bananirwa kubana nk’abashakanye kugera ubwo batandukana. Izi gatanya(divorces) zikaba ziganje mu bakiri bato barimo gushinga ingo muri iyi myaka…

Read more

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Muri gahunda ya kabiri ya Guverinoma NST2 izarangira mu mwaka wa 2029, Leta y’u Rwanda yateganyije gukuba kabiri umusaruro ukomoka ku buhinzi n’ubworozi, harimo n’uw’amata, ariko mu bigomba gutanga ayo…

Read more

Ntibigucike

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

Dore uko abayobozi bamwe bari bafatanye n’abo bashakanye bumva Perezida Kagame(video)

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

U Rwanda ntirukeneye amata y’ihene-RAB

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Tshisekedi avuze ikizakurikira guhuza ibikorwa k’u Rwanda na M23

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Abamotari ba Spiro bavuga ko ikoranabuhanga ryahagaze ku wa kane ryabateje igihombo

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Inzego z’Uburezi ziravugwamo ruswa ishingiye ku gitsina no kunyereza ibiribwa by’abanyeshuri

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”

Ubutwari: MINUBUMWE yamaganye ‘Ikinyanglais’ n’imvugo zirimo “gutwika”