Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko ibya lisansi na mazutu bizamutse

Impuguke mu bijyanye n’Ubukungu ivuga ko ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko iby’ibikomoka kuri peterori(lisansi na mazutu) bizamutseho amafaranga arenga 50Frw kuri litiro.

Kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Nzeri 2025,
Urwego rw’Igihugu rugenzura imikorere y’inzego zishinzwe imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro(RURA), rwatangaje impinduka z’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori, aho lisansi yazamutseho amafaranga 59Frw kuri litiro, mazutu izamukaho 51Frw kuri litiro.

Ibi biciro by’ibikomoka kuri peterori byaherukaga kuzamuka mu ntangiriro z’ukwezi kwa Nyakanga k’uyu mwaka, aho litiro yagurwaga amafaranga 1,803Frw, ariko ubu ikaba yatangiye kugurwa amafaranga 1,862Frw, mu gihe iya mazutu yagurwaga 1,757Frw, ubu yashyizwe ku mafaranga 1,808Frw.

Straton Habyarimana usesengura ibijyanye n’ubukungu, yaganiriye na Kigali Info agira ati “Byanze bikunze ibiciro (by’ingendo n’ibindi bicuruzwa) biraza kuzamuka, kuko hariya haba habaye ubwumvikane bw’abacuruzi na Leta, twebwe abaguzi ni twe tubihomberamo.”

Minisitiri w’Ibokorwa Remezo, Dr Jimmy Gasore, ari kumwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda,(MINICOM), Tony Kajangwe, batangarije kuri Televiziyo y’Igihugu ko “nta mpinduka nini zagombye kubaho” ku bijyanye n’ibiciro by’ibindi bicuruzwa na serivisi.

Dr Gasore avuga ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peterori ririmo guterwa n’intambara zibera mu burasirazuba bwo hagati(Israel, Gaza, Yemen, Iran), kuko zifunga imihora inyuzwamo ibicuruzwa bijya hirya no hino ku isi(ibintu bigatinda mu nzira).

Related Posts

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Uyu munsi Abanyamuryango basaga 2,000 bateraniye ku Cyicaro cy’Umuryango FPR Inkotanyi i Rusororo mu nama nkuru ya Gatandatu y’Urugaga rw’Abagore rushamikiye kuri uwo muryango. Ni inama ubusanzwe yitabirwa n’abanyamuryango bayobora…

Read more

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Hari abayobozi barimo Senateri Prof Jean Pierre Dusingizemungu, basaba inzego zibishinzwe gukangurira abaturage korora inkwavu, bitewe n’uko zororoka vuba kandi zidasaba byinshi nk’andi matungo. Ni mu gihe ibiciro by’ibiribwa cyane…

Read more

Ntibigucike

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Abagore n’abakobwa bagize FPR Inkotanyi bateraniye i Rusororo

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Korora inkwavu mu Rwanda, umushinga wakorwa n’udafite amikoro menshi

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Rwanda: Ibiciro bigiye kuzamuka nyuma y’uko mazutu itumbagiye ku masoko mpuzamahanga

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Inzu ziciriritse zituzwamo ab’amikoro make i Kigali kugeza ubu ziri he?

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Abazunguzayi bavuga ko gucururiza ku muhanda ari ukwirinda ubujura

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka

Rwanda: Abaturage ntibongere kohereza amazi mu myobo kuko ubutaka batuyeho bwariduka